RFL
Kigali

Ibimenyetso byakwereka ko hari umuntu ugufitiye ishyari

Yanditswe na: Liliane Kaliza
Taliki:3/11/2020 10:46
0


Mu buzima busanzwe bivugwa ko ikiremwamuntu cyaremanywe ishyari ariko risanzwe gusa ikibazo kivuka iyo amarangamutima ahindutse ugasanga rya shyari ntirikiri irisanzwe ahubwo ryavuyemo urwango n’ubugome.



Ni ngombwa kumenya ibimenyetso bishobora kukwereka ko hari umuntu ugufitiye ishyari ugirango umenye uko umutwara ndetse unamwirinde mu buryo bwose bushoboka. Niba ushaka kubungabunga ubuzima bwawe rero, hano hari ibimenyetso byagufasha kumenya umuntu ugufitiye ishyari rikomeye:

Yishimira gutsindwa kwawe: Mu buzima tubayemo duhuriramo n’ibintu byinshi yaba ibibi ndetse n’ibyiza icy’ingenzi ni uko umuntu amenya kongera kwijajara mu gihe yahuye n'ibibi ndetse akagira imbaraga ziruta iza mbere, umuntu ugufitiye ishyari rero uzamubwirwa n’uko mu bihe byawe bibi azaba yishimye, nubona uyu muntu ujye umugendera kure yakora buri kimwe kugira ngo ugubwe nabi.

Akwangira ubusa: Mu buzima tubayemo abantu bamwe barangana abandi bagakundana ku bw’impamvu runaka, umuntu ugufitiye ishyari rero ahanini uzamubwirwa n’uko akwanga ntacyo mupfa ahanini uyu muntu nta kindi akwangira ni uko agufitiye ishyari gusa.

Arakwigana: Umuntu ugufitiye ishyari ahanini agerageza kwigana ibikorwa byawe, imyitwarire yawe ndetse n’imivugire yawe ahanini atari uko agukunze ahubwo ari ukugira ngo arebe ko yajya hejuru yawe, nubona uyu muntu uzamwitondere.

Akugira inama zitari nziza: Umuntu ugufitiye ishyari uzamubwirwa n’uko mu gihe uri mu bihe bibi bigoye cyangwa ushidikanyaho ntazatinda kwifashisha icyemezo cyawe cyo kuguha inama zizatuma ibintu birushaho kuba bibi.

Ahora aguca intege no mu byiza wagezeho: Ikizakubwira umuntu ugufitiye ishyari ni uko atazigera na rimwe agushimira intambwe wagezeho ahubwo azakora uko ashoboye akwereke ko ntacyo uzigezaho.

Src: santeplusmag.com






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND