RFL
Kigali

Nsengiyumva na Mwiseneza nibo bantu baturutse mu cyaro bakangaranya imyidagaduro mu Rwanda bigera n'i Mahanga

Yanditswe na: David Mayira
Taliki:3/11/2020 17:45
2


Igisata cy’Imyidagaduro ni kimwe mu bintu byigarurirwa na benshi ku isi, umuziki noneho burya ugira agahararo kakarangira vuba, kandi iyo abafana bakurekuye biragorana cyane kongera kubigarurira. Nsengiyumva (Igisupusupu) na Mwiseneza Josianne ni bo bantu bavuzwe cyane mu myidagaduro yo mu Rwanda muri 2019 barayiryoshya karahava.



Abakunzi ba muzika n’abawukurikiranira hafi, bazi neza ko Nsengiyumva Francois atari icyamamare mbere ya 2018, yari umuntu ucurangira abahisi  n’abagenzi agahabwa igiceri cy'100 Frw akabacurangira umuduri. Mu myaka Nsengiyumva François yari amaze mu karere ka Gatsibo avukamo ari naho atuye, nta muntu wari umuzi mu mujyi wa Kigali nk’umuhanzi ucurangisha umuduri kandi bigatanga injyana nziza iryoheye amatwi.

Gisupusupu Switches To Exotic Look - Taarifa Rwanda

Nsengiyumva Francois (Igisupusupu)

Imana yaje gutunga inkoni Nsengiyumva (Igisupususupu) mu mpera z’umwaka wa 2018 maze ahura n’umugabo ukora muzika, Alain Mukurarinda umuhanzi w’umuhanga, maze atangira kumufasha no kumubyaza umusaruro nk’umunyempano, ni ko kumukura i Gatsibo amumenyesha Abanya-Kigali n’abatura Rwanda bose.

Nsengiyumva yazamuwe n’indirimbo yitwa "Mariya Jeanne’, yumvikanamo ijambo ‘Igisupusupu’ maze abakunzi b’umuziki bayisamira hejuru muri 2018 na 2019 yamamara atyo nk’umuhanzi ukunzwe bamuhimba (Gisupusupu) maze iyi ndirimbo ye irakundwa karahava, ubu ikaba imaze kurebwa n’abantu hafi Miliyoni 3 ku rukuta rwa Youtube rwa Alain Muku (Boss Papa).

Gukoresha igitaramo, Nsengiyumva Francois (Igisupusupu) atarimo muri 2019 wari kuba utarebye neza. Kubera kwamamara mu Rwanda, Igisupusupu yanditswe n’ibinyamakuru bikomeye mu Rwanda no hanze nka BBC, bivuga ko Nsengiyumva ari we muhanzi w’ikirangirire mu Rwanda uzahurira ku rubyiniro na Diamond Platnumz i Kigali tariki 17 Kanama 2019.

Byarabaye koko igitaramo cya Iwacu Musika Feastival kitabirwa n’imbaga nyamwinshi maze Nsengiyumva akubita umuduri abantu bose basimbukira mu bicu, gusa byagaragaye ko atari kurenza abafana Diamond ariko yaramuyingayinze. Umwaka wa 2020, uyu muhanzi ntiyumvikanye cyane mu muziki nk'uko byari bimeze mu 2019, gusa aherutse kugaruka mu isura nshya ubwo yagaragaraga mu mafoto yishyizeho amaherena ndetse afite na tentire nabwo yongera kuvugisha benshi.

Genesisbizz

Nsengiyumva w'i Gatsibo yageze i Kigali akurirwa ingofero

Indi nkuru yari igezweho cyane mu mwaka wa 2019 mu myidagaduro ni iya Mwisezenza Josiane wari witabiriye irushanwa rya Miss Rwanda 2019 aturutse mu cyaro cyo mu karere ka Karongi, maze aza guhatanira itike yo guhagararira intara y’Uburengerazuba mu irushanwa rya Miss Rwanda 2019.

Prince Kid: Abafana ba Josiane nta gitutu na gito badushyiraho – IMVAHONSHYA

Mwiseneza yakangaranije imyidagaduro mu 2019

Abanyamakuru bose bagikubita amaso Mwiseneza Josiane bahise bamwerekezaho camera batangarira uburyo yitinyutse akiyemeza guhatanira ikamba n'abakobwa akenshi baba batuye muri Kigali. Baramushyigikiye karahava, bakorana nawe ibiganiro byinshi abandi bakobwa bari mu ihatana amakuru aba make kuri bo hakumvikana Mwiseneza Josianne winjiye muri iri rushanwa avuye mu cyaro yanatsitaye ku ino ry’igikumwe.

Mu irushanwa rya Miss Rwanda 2019, Mwiseneza Josianne yeretswe urukundo n'abatari bacye, bamujya inyuma kugeza abaye umukobwa wakunzwe na benshi mu irushanwa rya Nyampinga w'u Rwanda yegukana ikamba rya Nyampinga ukunzwe cyane mu mwaka wa 2019 (Miss Popularity 2019).

Nyuma y’irushanwa yarakomeje arakundwa ku mbuga nkoranyambaga ariko bigenda bigabanuka mu 2020 anavugwa gake. Icyakora mu minsi ishize aherutse kongera kwigarurira ipaji ibanza y'ibitangazamakuru ubwo yari yambitswe impeta y'urukundo n'umusore bakundana banitegura kubana.

MISS RWANDA2019: Ikiganiro na buri mukobwa wa... - Inyarwanda.com

Mwiseneza Josiane yarakunzwe cyane muri Miss Rwanda 2019

Ubwamamare bwe bwatumye Miss Mwiseneza Josiane atangaza ko yateguye igitaramo cyo kwishimana n’abafana be, akaba ari igitaramo yari yatumiyemo umunya-Nigeria, Tiwa Savage uri mu bagezweho ku mugabane wa Afurika. Ibi birori byari kuba hagati ya Gicurasi na Nyakanga mu mwaka wa 2019, icyakora byarangiye bitabaye.


Byarangiye Mwiseneza abaye Miss wakunzwe na benshi

Twavuga ko umwaka wa 2019 wabaye uw’amateka mu mwidagaduro yo mu Rwanda, aho aba bantu 2 twagarutseho muri iyi nkuru; Nsengiyumva Francois na Mwiseneza Josiane ari bo bayiryoheje karahava.    






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • M fanny3 years ago
    Iyo ushaka ikintu kdi ugashyiramo umuhate, bitinde been rebuke ukigeraho ko. Mutongeraho wa mwana w'umuhungu muto witwa Fabrics( rusizi)
  • nailla3 years ago
    abahanzi bacuturabakunda kdi bakonerezaho turabakunda





Inyarwanda BACKGROUND