Ibitangazamakuru byo muri Australia bivuga ko abagenzi b’abagore bari mu ndege berekeza i Sydney bakorewe ibizamini by’imbere ku kibuga cy’indege cya Doha hagamijwe kureba uwaba yabyaye umwana wavutse atagejeje igihe.
Ibitangazamakuru byo muri Australia byatangaje ko abagenzi
barenga icumi b’abagore bakorewe ibizamini by’imbere muri Qatar nyuma yuko
basanze uruhinja rukivuka rwatereranywe ku kibuga cy’indege cya Doha, leta
y’iki gihugu yavuze ko ibi bidakwiye rwose.
Ibi byabaye nyuma y’uko ku cyumweru abagenzi bari ku kibuga
cy’indege mpuzamahanga cya Hamad cya Doha (HIA), barimo Abanya Australiya 13,
bakuwe mu ndege, bagafungwa kandi “bahatirwa gukorerwa igenzura” muri ambulance
kuri gari ya moshi.
Aba bagore basuzumwaga imyanya ndangagitsina yabo batabanje gusabwa
uburenganzira ndetse ngo nta n’umwe mu bagenzi wabanje kubwirwa iby’umwana
wavutse mbere y’uko basuzumwa mu myanya
y’ibanga.
Wolfgang Babeck, umugenzi wari uri muri iyo ndege, yavuze ko
Ubwo abagore bari bagarutse, benshi muri bo bari bababaye, umwe muri bo yari
arimo arira ubera ibyo yakorewe.
Kugeza ubu, Ikibuga cy'indege cy'i Doha kirimo gushakisha
amakuru ajyanye n'uwo mubyeyi w'umugore, mu gihe uwo mwana w'uruhinja arimo
kwitabwaho n'abaganga n'abashinzwe kwita ku mibereho ye.
TANGA IGITECYEREZO