RFL
Kigali

Mashami Vincent yatangiye gusezerera abakinnyi buhoro buhoro

Yanditswe na: ISHIMWE Olivier Ba
Taliki:26/10/2020 11:19
0


Ikipe y’igihugu Amavubi yasubukuye imyitozo y’igice cya kabiri, hasezererwa abakinnyi bagera kuri batandatu ndetse na Sugira Ernest wagize ikibazo cy’imvune, akaba atazitabira iyi myitozo.



Tariki 11 Ugushyingo 2020 ni bwo Amavubi  azasura ikipe y’igihugu ya Cape Vurde nyuma ho iminsi 6 Amavubi nayo yakire iyi kipe kuri stade ya Kigali Nyamirambo.

Tariki 7 Ukwakira ni bwo umutoza w’ikipe y’igihugu Amavubi Mashami Vincent yari yahamagaye abakinnyi 37 bagomba kwitabira imyitozo itegura imikino ibiri twavuze haruguru. Gusa muri abo bakinnyi 37 bahamagawe, batangiye kugabanywa gacye gacye bahereye ku bakinnyi 6 basanze urwego rwabo ruri hasi, ndetse n’umukinnyi Sugira Ernest wagize ikibazo cy’imvune ubwo iyi myitozo yatangiraga.

Abakinnyi basezerewe

1.   Ndekwe Felix umukinnyi wa As Kigali

2. Bayisenge Emery umukinnyi wa As Kigali

3. Kalisa Rashid umukinnyi wa As Kigali

4. Usengimana Faustin umukinnyi wa Police FC

5. Iradukunda Eric umukinnyi wa Police FC

6. Bizimana Yannick umukinnyi wa APR FC

 

Abakinnyi b’Amavubi nibasoza gupimwa icyorezo cya Covid -19, barahita basubukura imyitozo, bazajya bakorera kuri stade ya Kigali i Nyamirambo 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND