Iterambere ry’umuziki akenshi ntabwo rijya risigana n’iry’ikoranabuhanga cyane ko akenshi bifite aho bihuriya ha hafi cyane. Umuziki ni bumwe mu bucuruzi bukunze kubyarira umusaruro abawukora ndetse n’abandi bacuruza ibindi bicuruzwa bisanzwe. Ni nde wo kuwuzahura ukagera kure? Yabikora ate? Ni nde wo kumufasha?.
Umuhanga Jim
Collins yaragize ati ”Good is the enemy of great” bishatse kuvuga ko ikiza ari
umwanzi w’ikiza cyane cyangwa gihamye kandi kisumbuye. Intambwe iri mu iterambere
rya muzika Nyarwanda iragaragara ariko haracyari urugendo kandi rugomba gukorwa
binyuze mu bufatanye bw’impande nyinshi. Umuziki ni imwe mu nzira ibihugu byinshi
bisaruramo amafaranga cyane binyuze mu buryo bw’ikoranabuhanga.
Abahanzi
nyarwanda hari benshi bamaze gutera intambwe mu kumenya gucuruza ariko ntabwo
biragera ku rwego rwiza cyangwa twakwita ko runoze. Ibi twabivuga tugendeye
ku bihugu bimwe bya Africa twavuga ko abahanzi benshi bamaze gufata umuziki nk’ikigega
cy’ubucuruzi nk’ibindi.
Urubuga
rwandika inkuru za showbusiness muri Nigeria rwitwa www.premiumtimesng.com
rugaragaraza ko mu 2020 uruganda rw’imyidagaduro muri Nigeria rwinjije
miliyoni $500. Ni inyandiko yasohotse hagati ya 2015-2020 ya (DCEM), iri ni
ihuriro ry’abanyamategeko, abashoramari n’ababaruramutungo.
Mu 2018
abatuye muri Nigeria bakoresha murandasi bakoresheje miliyoni 107 Gb. Izo
Gigabytes zakoreshejwe mu kumva no kureba umuziki wo muri icyo gihugu zinjije
miliyoni $3.3 ariko rero muri Nigeria abaturage bakoresha murandasi barenze
miliyoni 100.
U Rwanda
rutuwe na miliyoni zirengaho gato miliyoni 12 nibura abakoresha murandasi
ntibarenze ijanisha rya 52.1% bivuze ko ari miliyoni 6. Ubuke bw’abantu
bakoresha murandasi bishobora kugira ingaruka ku bucuruzi bw’umuziki ugezweho.
Mu gitabo
cyakozwe n’Inteko Nyarwanda y’ururimi n’umuco ku bufatanye na minisiteri
y’umuco cyasohotse muri Gicurasi 2019 kigaragaza ko imyidagaduro muri Nigeria
ariyo yinjiza agatubutse nyuma y’ubuhinzi aho yinjiza miliyoni $800 igatanga
akazi ku barenga ibihumbi 300 buri mwaka.
Muri icyo
gitabo nta faranga na rimwe rigaragara ko ryinjizwa n’uruganda rw’imyidagaduro
mu Rwanda.
Icyo gitabo
gisobanura ko abahanzi bakwiriye kumenya ibyo abakiliya babo bakeneye. Umuziki
ni ubucuruzi nk’ubundi bwose. Ni ngombwa ko umuhanzi asobanukirwa abakunda
ibihangano bye akaba ari bo akorera nk'uko umucuruzi arangura ibizagurwa
n’ababikeneye bonyine.
Byagiye bibaho ko umuhanzi wo mu Rwanda yumva
umuziki runaka akaba ari wo yirukira akareka uwo yari asanzwe akora nyamara
atabanje kumenya niba abakunda umuziki we uko bazawakira.
Umunyabugeni Bushayija Pascal
Iyi ngingo
ishimangirwa na Bushayija Pascal umunyabugeni akaba n’umuhanzi wabyize ku Nyundo. Ati: ”Mu bijyanye n’ubuhanzi ni
ngombwa guhanga udushya kuko abantu muri iyi minsi bakeneye ibintu bidasanzwe
bituzuyemo iby’abandi ariko na none abahanzi bakwiriye kwibanda ku kintu
cy’umwimerere kitavuye ahandi”
Bushayija
avuga ko ikintu gikurura abantu ari ikintu kidasanzwe babonye ari gishya ariko
cy’aho uturuka. Uyu musaza w’imyaka 63 avuga ko iyo arebye abona ko habuze
abahanzi bafata injyana za Kinyarwanda bakazihuza n’ibigezweho ari nayo mpamvu
bikigoye ko abahanzi Nyarwanda bagira umwihariko mu muziki wabo. Aburira
abahanzi bo muri iki kiragano kwirinda kwigana niba bashaka kugeza kure impano
zabo.
Ese ni iki cyakorwa? Ni nde wo kubikora?
1.
Abakora umuziki bakwiriye kumva ko
ari ubucuruzi bagomba kugiramo gahunda ihamye
Dj Theo
ureberera inyungu z’abahanzi wanafashije benshi gutera imbere asobanura ko
abinjira mu mwuga w’ubuhanzi bakwiriye kumenya ko atari uko baba babuze ibindi
byo gukora. Ati: ”Usanga umuhanzi avuga
ko niba ibintu runaka yashoboye na we bitamunanira”.
Iyo ukoze
ikintu wigana nta bwo umenya aho byapfiriye ngo uhakosore kuko ibyo bintu biba
atari ibyawe.
2.
Hakenewe ubufatanye hagati y’abahanzi
n’abanyamakuru
Uruganda rwa muzika ruzatezwa imbere n’abafite aho bahuriye narwo bose batahirije umugozi umwe. Abanyamakuru bakoranye neza n’abahanzi byatanga umusaruro kuko muri Nigeria, Tanzania ndetse no mu bindi bihugu byo muri Africa byateye imbere mu muziki bibikora usanga itangazamakuru na ryo ryarateye imbere kandi abahanzi buzuzanya.
Ubu
bufatanye bukenewe kuva ku ndirimbo iri gukorwa kugeza umuhanzi ari gusarura
ayo yayikuyemo. Abahanzi bakenera abanyamakuru kuko bafite ibikorwa bashaka ko
bigera kure uwo mubano nta musaruro watanga muri rusange.
3.
Leta ikwiriye gushyira ukuboko mu
ruganda rw’imyidagaduro ku buryo bufatika
Ni kenshi
hagiye humvikana uruhare rwa Leta mu bikorwa biba bisa nk’ibyasigaye inyuma
bikazahuka. Urugero ibikorwa remezo, ubukerarugendo, umutekano n’izindi nzego.
Iyo urebye mu ngengo y’imari usanga nta mafaranga yagenewe ubuhanzi kandi igihe
kirageze ngo uwo mwuga nawo utunge ba nyirawo hatabayeho kwirya bakimara.
Twabonye
hajyaho sosiyete ireberera inyungu z’abahanzi ariko na n'ubu hari abatarumva
icyo yaziye, agaciro kayo cyangwa icyo ikora. Bivuze ko hakwiriye imbaraga za Leta
mu kongerera ubushobozi urwego rureberera abahanzi.
Ni kenshi
abahanzi banengwa ku byo baba baririmbye nyamara ni gake habaho ibikorwa byo
kubongerera ubumenyi n’ubushobozi ngo babashe kumenya igikwiriye n’ikibujijwe.
Uruganda rw’imyidagaduro twabonye ko muri Nigeria rwinjiza menshi nyuma
y’ubuhinzi.
Leta
ishyizemo ingufu byatanga akazi ndetse byakongera ayinjira mu ngengo y’imari.
Igihe cyose ibintu bidafite umurongo washyizweho uhari uhamye nta musaruro
wakwitega.
Dj Theo
avuga ko ari byiza kumenya igikenewe ku bahanzi noneho akajya mu muziki azi
icyo ashaka. Ati: ”Si byiza ko umuhanzi ajya kuririmba washaka icyo yaririmbye
ukakibura”.
4.
Kubwizanya ukuri muri showbusness
hakagira ibikosoka ndetse no guterana ingabo mu bitugu mu buryo bw'ibitekerezo
Abantu bari
hafi y’umuhanzi bakwiriye kuba bazi intege nke bityo bakaba bamenya icyo
adashoboye bakamufasha. Urugero si ngombwa ko umuhanzi aba azi kuririmba,
kwiyandikira, kwitoza ijwi no kumenya uko yitwara mu biganiro mu
bitangazamakuru. Abamuri hafi nibo bamenya aho bipfira bakamufasha nabo
bifasha.
5.
Abafasha abahanzi (Managers)
bakwiriye kwiyongera
Muri iyi
minsi umuziki utanga ikizere ko ukozwe neza utunga abawushoyemo imari. Rero
hakenewe abafasha abahanzi kandi bafite ubumenyi bwo gukora ako kazi. Manager
uzi icyo akora agomba kuba yirinda kuvugwa cyane mu bitangazamakuru kurusha
umuhanzi ashinzwe. Yakabaye ashishikazwa no gushakira umuhanzi amasoko,
kumushakira ibiganiro mu bitangazamakuru, kumenya ubwiza bw’ibihangano bye.
Kwita ku kuntu umuhanzi agaragara muri rubanda
no kumushakira ikintu cyose kimuteza imbere. Buri wese asobanukiwe inshingano
ze ni bwo uruganda rw’imyidagaduro mu Rwanda rwagera ku rwego rushimishije aho
abahanzi bacu baba abaherwe bagatungwa n’impano zabo ariko n’igihugu
kikarushaho kwamamara mu mahanga kuko abahanzi bafite uruhare runini mu kugeza
kure ibendera ry’igihugu kurusha abandi bantu bose mu gihe byahawe umwanya
bigashorwamo ubushobozi.
Iyo abantu
bari gukora ibintu batakabaye bakora hari abadindira kandi hashobora kuboneka
icyuho n’akavuyo. Hakwiriye umurongo uhamye mu ruganda rw’imyidagaduro mu
Rwanda. Hakenewe itangazamakuru rishingiye ku banyamakuru bazi umusanzu
bategerejweho ry’abanyamwuga bahwitura abahanzi bakabakebura aho biri ngombwa
bakabaha amakuru yabagirira akamaro.
Niba hari abanyamakuru bakemangwa ni byiza ko abayobozi b’ibitangazamakuru bafata iya mbere mu kugena abakwiriye gukora muri ibyo bitangazamakuru kandi batanga icyizere. Ibitangazamakuru bikwiriye gushyiraho umurongo uhamye mu kugena ibihangano bitambuka kuko hari igihe hatambuka ibidafite uburyohe bikadindiza uruganda muri rusange. Abanyempano bo mu Rwanda bakwiriye kugira aho bazamukira ku buryo buhoraho na byo byagira uruhare rutaziguye mu iterambere ry’umuziki Nyarwanda.
TANGA IGITECYEREZO