RFL
Kigali

Dereck Chauvin ushinjwa kwica George Floyd yahanaguweho kimwe mu byaha yashinjwaga

Yanditswe na: Soter Dusabimana
Taliki:22/10/2020 17:29
1


Umucamanza wo mu gace ka Hennepin County muri Minesota yatangaje ko Dereck Chauvin ushinjwa kwica George Floyd yahanaguweho icyaha cy’ubwicanyi cyo ku rwego rwa gatatu ariko akazakomeza gukurikiranwaho icyaha cy’ubwicanyi cyo ku rwego rwa kabiri ndetse n'icyo kwica umuntu.



Dereck Chauvin wahoze ari umupolisi wo muri leta ya Minesota mu mujyi wa Minneapolis akaba akurikiranweho icyaha cyo kwica umwirabura w’umunyamerika George Floyd wapfuye anigishijwe ivi n’uyu mupolisi mu gihe kigera ku minota umunani, yamaze guhanagurwaho kimwe mu byaha yashinjwaga.

Umucamanza wo mu gace ka Hennepin County muri leta ya Minnesota Bwana Peter Cahill kuri uyu wa kane yatangaje ko Dereck Chauvin yamaze guhanagurwaho icyaha cy’ubwicanyi cyo mu cyiciro cya gatatu ariko akazakomeza gukurikiranwaho icyaha cy’ubwicanyi cyo mu cyiciro cya kabiri ndetse n'icyo kwica umuntu mu rupfu rwa George Floyd wapfuye muri Gicurasi. 

Nyuma urupfu rw’uyu mwirabura rwakurikiwe n’imyigaragambyo ikomeye yabaye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ndetse no mu bindi bice bitandukanye bigize isi.

Dereck Chauvin

Dereck Chauvin yagizwe umwere kuri kimwe mu byaha yashinjwaga

Yakomeje avuga ko iki cyemezo cyo guhanagura iki icyaha kuri Chauvin wahoze ari umupolisi mu mujyi wa Minneapolis kizamara iminsi itanu mbere y’uko byemezwa na leta ya Minesota. Amategeko yo muri leta ya Minesota avuga ko uhamwe n’iki cyaha Chauvin yahanaguweho ahanishwa igifungo cy’imyaka 25 y’igifungo.

Uyu mucamanza kandi yahakanye amakuru yavugaga ko abandi bapolisi baregwa hamwe n’uyu Dereck Chauvin bashobora guhanagurwaho ibyaha bashinjwa. Dereck Chauvin aherutse gusohorwa muri gereza nyuma yo gutanga ingwate ingana ya Miliyoni imwe y’amadorali kandi akaba yemerewe gusohoka muri Minesota mu gihe ategereje urubanza rwe ruzaba muri Gicurasi umwaka utaha 2021.

Uyu mugabo yatawe muri yombi muri Gicurasi 2020 nyuma y’amashusho yasakaye mu mbuga nkoranyambaga amugaragaza anigisha ivi George Floyd ndetse ari kumwe na bagenzi be b’abapolisi. Uyu George Floyd yatawe muri yombi n'aba bapolisi nyuma yo kumushinja gukoresha sheki itujuje ibisabwa.

Src: Daily Mail & FOX 6  






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Nshimiyimana joseph3 years ago
    Niko bakola ngo ushakakulya agakoko akita izina nhko abahutu bilaye mubatutsi bagatemagula babita inzoka sumwilabulase? Alikose ninde wabahaye uluhushya rwillondakoko? IMANA yalemye umunt Umuntumwe imukulamo umugole bo umwilabula bamusomahe ?cg umuzungu bamusomahe? Maze ibiabintu IMANA ibilebe ahili mu ijullu icyonzineza n uko ntabwoko yalemeye gutsembaho ubundi ndangiz ndabaza buliwe ahali yibaze imfuluka 4 z isi ninde uzi aho ziheleleye????





Inyarwanda BACKGROUND