RFL
Kigali

Umenya agaciro k'umuntu atagihari - Munyakazi Sadate

Yanditswe na: ISHIMWE Olivier Ba
Taliki:16/10/2020 13:32
2


Munyakazi Sadate wahoze ari umuyobozi mukuru wa Rayon Sports yemeza ko yakoze ikosa ubwo yarekuzaga Bukuru Christophe akajya muri mucyeba, kuko byatumye amenya agaciro ke atakimufite.



Mu kiganiro yagiranye na Radio B&B FM umwezi, uwahoze ari umuyobozi mukuru wa Rayon Sports Munyakazi Sadate yabajijwe ibibazo byinshi bigaruka ku buzima yabayemo akiri umuyobozi w'iyi kipe, ndetse abazwa ku bijyanye no kuba hari abakinnyi yagurishije ubwo yari akiyoboye iyi kipe. Yagize ati "Abantu benshi bakunze kwitiranya biriya bintu ntabwo ari njye wagurishije ba Manzi Thierry. Abakinnyi nagurishije ni Yannick Bizimana ndetse na Bukuru Christophe".


Bukuru akiri muri Rayon Sports, ntabwo yahawe umwanya wo kwigaragaza

Yakomeje ati "Ku ruhande rwa Bizimana Yannick we nagombaga kumugurisha kuko twari dukeneye amafaranga kandi yari menshi. Ibaze umukinnyi uguze Miliyoni  5 ugahabwa Miliyoni 20 wenda ndaza kugira icyo mbivugaho ariko umupira w'amaguru tujye tuwureba mu bundi buryo kugira ngo tubashe kuwukuza. Yannick naramutanze, undi mukinnyi natanze ni Bukuru, ariko sinari nzi aho agiye".


Bukuru kuva yagera muri APR FC ni umwe mu bakinnyi bakoreshejwe cyane mu mikino ya 2019-2020

Ati "Mu by'ukuri Bukuru ni umukinnyi wari ufite iminota micye mu kibuga, si numva uburyo nari gukomeza kumugundira. Ibyo ni nk'uko aka kanya Perezida Murenzi ashobora kurekuza abakinnyi njye nkajya kubimubaza. Bukuru ntabwo twamuhaye amahirwe kandi sinjye uyatanga, ni abatoza.

Naramubwiye nti niba ushaka kugenda hari amafaranga ugomba gutanga hano ubundi ukigendera, ariko nyine umenya agaciro k'umuntu ari uko agiye, ageze muri mukeba naje kubona y'uko ari imari. Hari umuntu wajyaga ambwira y'uko Bukuru ari umukinnyi mwiza gusa njye sindi umutoza rero ntabwo nari kujya gutegeka abantu kumukinisha."






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Samuel3 years ago
    Wahemukiye aba rayon uzabasabe imbabazi kuko ibyo ni bimwe mubyo wakoze bitari bikwiye.
  • Nkebukande Nicodem3 years ago
    igihe cyatakaye ntikigaruka icyo tugomba kwitaho ni rayon sport yuyumunsi niyejo hazaza.





Inyarwanda BACKGROUND