RFL
Kigali

Ku myaka 4 y’amavuko Baby Lorde ari mu bakiri bato 5 bakize kurusha abandi muri Afurika

Yanditswe na: David Mayira
Taliki:15/10/2020 16:05
0


Abantu benshi bagira inzozi zo kuzaba abaherwe haba mu gace bakomokamo cyangwa mu gihugu muri rusannjye byaba na ngombwa bigafara umugabane. Hari abantu bagira ubutunzi bakiri bato, abandi bakabikorera bakabugeraho batakibarizwa mu rubyiruko, aha turareba abantu bakiri bato muri Afurika bafite amafaranga menshi bamwe wakwita abana bato cyane.



Gutangira urugendo rw’ubutunzi ukiri muto biguha amahirwe menshi yo kwegeranya umutungo. Mu myaka igera kuri 5, usanga umwe mu bagize ubutunzi bakiri bato baba ari ibikomerezwa mu gihe Imana yaba yabatije ubugingo. Gusa isi irahinduka ibintu bikaba gatebe gatoki maze uwakuranye ubutunzi akabubura.

Dore  bamwe mu bakiri bato bafite amafanga menshi muri Afurika.

1. Regina Daniels-Nigeria

Why I married 58-year-old Ned Nwoko - Regina Daniels [VIDEO] - Daily Post  Nigeria

Regina Daniels, yashyizwe mu bana bakize cyane b'ibyamamare akaba umwana uhembwa menshi muri Nollywood ku myaka 20 y’amavuko. Yavutse ku ya 10 Ukwakira 2000 avukira muri Nigeria, umutungo we uteganijwe kuba urenga miliyoni imwe y'amadolari mu bijyanye n'ishoramari n'umutungo. Ahembwa amadorari 1,700 igihe cyose agaragaye muri filime.

Akenshi biba binyuze mu nkunga  ya nyina, Rita Daniels kuko nawe ari umukinnyi wa filime. Regina yatangiye gukina Filime afite imyaka irindwi. Yatangaje benshi ubwo yashakaga umugabo akiri muto, yashakanye na Ned Munir Nwoko; umunyapolitiki ukize muri Nigeriya, umunyamategeko, n'umucuruzi uyobora umuryango utegamiye kuri Leta witwa Regina Daniels Charity Foundation wibanze ku gufasha abana bamugaye.

2. Baby Lorde, Ghana

More photos of Kafui Danku's beautiful daughter Baby Lorde, winning heart  of Ghanaians. - Opera News

Baby Lorde ni umukobwa uvuka ku mubyeyi w’umunya-Canada, Douglas Pitcher na Nyina w’umukinnyi w’ikinamico ukomoka muri Ghana, Kafui Danku. Yavutse ku ya 26 Ukwakira 2016 kandi ni umwe mu bana bato bakize muri Afurika. Ubutunzi bwe ariko ntabwo bufitanye isano n'ababyeyi be. Yatangiye kubaka umutungo we ubwo yabonaga amasezerano ye ya mbere yo kwamamaza Royal Monopoly Baby Diaper yambikwa abana, yahawe hafi $ 18,800.

 3. Emmanuella Samuel

10 Real Facts About Emmanuella You Probably Didn't Know - Austine Media

Emmanuella Samuel ni umukobwa uzwi nk’umunyarwenya wo muri Nigeria ukorana na Mark Angel Comedy. Yavukiye i Port Harcourt, muri Leta ya River ku ya 22 Nyakanga 2010. Yatangiye gukina igihe yari mu mashuri abanza kubera ubwenge n'ubushobozi bwo kumenya imirongo ye. Mu 2013, Emmanuella yatsindiye igihembo cya City People Award, G Influence Niger Delta Special Talent Award na NEA Award. Yatsindiye kandi ibihembo bibiri muri Ositaraliya.

Mu kiruhuko ni ho Emmanuella yahuye n’umunyarwenya uzwi cyane wo muri Nigeria witwa Mark Angel washakaga abana bazagaragara mu mashusho ye yo gusetsa. Mark Angel ari mu byamamare bikurikirwa cyane kuri YouTube n’abarenga Miliyoni. Bivugwa ko afite umutungo ufite agaciro ka $ 70,000 yakusanyije mu mwuga we wo gusetsa. Ubu yiga muri Brighton Gate Academy, Port Harcourt muri Nijeriya.

4. Ahmed Starboy-Nigeria

richest kids in Nigeria

StarBoy Ahmed ubwo yari kumwe na Wizkid

Ahmed Starboy, ni umwe mu bana bakize muri Afurika uyu mwaka 2020. Uyu mwana ni umuhanzi akora ibitaramo mu muziki. Ku myaka 12 y’amavuko yerekanye impano ye ya muzika mu gitaramo cya Wizkid cyashimishije abari aho bose. Ubushobozi bwe bwo kurapa muri njyana ya Rap bwatangaje Wizkid maze amuhemba amadorari 27,500 nk’ishimwe. Yiyandikishije kandi muri label ye ya Star Boy.

 5. Florence Ifeoluwa Otedola-Nijeriya

As Otedola's daughter, I want to empower others – DJ Cuppy - TheCitizen -  It's all about you

Ifeoluwa, aza mu bakiri bato ariko arakuze. Yavutse ku ya 11 Ugushyingo 1992. Ni DJ wo muri Nigeria akaba na producer. Azwi cyane ku izina rya DJ Cuppy akaba umukobwa w’umucuruzi ukomeye muri Nigeria, Femi Otedola. Florence yakuriye muri Ilupeju mbere yo kwimukira Ikeja nyuma y'imyaka itandatu. Nyuma yaje kujya kwiga i Londres. Yarangije muri Nyakanga 2014 muri King's College London afite impamyabumenyi ihanitse mu bucuruzi n'ubukungu.

Muri 2015, DJ Cuppy yabonye impamyabumenyi ihanitse yakuye muri kaminuza ya New York mu bucuruzi bw’umuziki kandi kuva icyo gihe yazamutse buhoro buhoro yinjira muri shampiyona y’abana bakize muri Afurika. DJ Cuppy yatangiye urugendo rwe rwa mbere rw’umwuga mu muziki no gukora ibikorwa by'urukundo n'ibitaramo byatewe inkunga na Dangote Foundation na Banki ya GTB. Florence Ifeoluwa Otedola umutungo we ni hafi $ 200.000. 

Hari n'abandi bakiri bato batunze amafaranga menshi ariko batavuzwe muri iyi nkuru kuko ni benshi. Twibanze ku byamamare biba bizwi ku mvuga nkoranyambaga byoroshye kubabonera amakuru.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND