RFL
Kigali

Niba uri umugabo ukaba ugikora ibi bintu ubuzima bwawe buri mu marembera

Yanditswe na: Liliane Kaliza
Taliki:10/10/2020 6:13
1


Abagabo bamwe biyica nabi kandi ntibabimenye, hari ibintu byinshi bakora kandi bigashyira ubuzima bwabo mu kaga



Niba uri umugabo ariko ukaba ukora ibi bintu bikurikira, garukira aho kuko ni bibi cyane bishobora kukwicira ubuzima, ukuri nuko abahanga bgaragaza neza ko ibi bintu niba ukibikora uri umugabo, uri kwiyica buhoro buhoro.

Bimwe muri ibyo  bintu ni ibi bikurikira:

Gukina urusimbi: gukina urusimbi ni ikintu kibi cyane ku buzima bwawe nk’umugabo, aho kugirango ukine urusimbi gerageza gushaka akazi nubwo kab baciriritse kuko abahanga bavuga ko iyo umuntu abigiyemo abirundukiramo bikamugira imbata kandi ntibitange umusaruro abahanga kandi bemeza neza ko umuntu wabirundukiyemo ashaka no kubivamo ariko bikanga, niba ushaka kub umugabo nyawe irinde gukina urusimbi.

Kwanga abagore ugakunda inzoga cyane: ubundi abahanga mu by’ubuzima bahamya neza ko umuntu ukunda inzoga cyane burya atararikira abagore, ese waba uzi impamvu abagire barama cyane kuruta abagabo?nta yindi nuko akenshi abagore badakunda inzoga cyane nk’abagabo ahanini ni nayo mpamvu usanga umuntu ukunda kunywa inzoga cyane yarashaje imburagihe, ni ukubera alcool nyinshi iba mu nzoga aba yafashe, niba ushaka kuba umugabo uhamye, gabanya inzoga unywe mu rugero.

Kunywa itabi: ubusanzwe abanywi b’itabi ntabwo baba bafite igihe kinini ku isi, bapfa mbere rwose nkuko ubushakashatsi bubivuga, niba unywa itabi ryinshi rero uri kwiyicira ubuzima, niba uri umugabo kandi ukaba wifuza ubuzima bwiza bikaba byagushobokera ko ugabanya kunywa itabi, bikore vuba kuko itabi ryangiza ubuzima  nta zindi nteguza.

Src: Healthline.com






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Ishimwe enock3 years ago
    Nones inzoga nyinshi yab ifite alcool ingana ik?arkx mwazatumbwiye impamvu umuntu wabaswe nibiyobyabwenge asaza imburagihe ugasang umunt afit imyaka 20year ark uruh rukaba rumez nkurwumunt wimyaka 50year biterw nik muzatubwire murakoz han rwamagana mwurire turabakund





Inyarwanda BACKGROUND