RFL
Kigali

Muhanga: Abaturage ntibumva kimwe ku kuba ikoranabuhanga ryarabafashije kwihutisha ubutabera

Yanditswe na: Liliane Kaliza
Taliki:5/10/2020 13:48
0


N'ubwo abaturage bavuga ko ikoranabuhanga ryabafashije kudasiragira mu butabera, ngo haracyari inzira ndende mu kubisobanurira bose kuko hari imanza zidacibwa bitewe no kutamenya gukoresha ikoranabuhanga.



Mu gihe mu Rwanda hashyizweho gahunda yo kwifashisha ikoranabuhanga mu butabera, hari bamwe mu baturage bavuga ko iyi gahunda yo gukoresha ikoranabuhanga igoye cyane bityo bakaba barahisemo guceceka imanza zabo kuko badafite ubumenyi  kuri ryo.

Bamwe mu baganiriye na INYARWANDA ntibahuzaga ku kuba hari icyo ikoranabuhanga ryabafashije, Andrea NTAWUBURANANARWO ahakana yivuye inyuma avuga ko iwabo basa n’abadakoresha ikoranabuhanga ati ”Reka reka hano iwacu wagira ngo nta koranabuhanga rikoreshwa kuko rimwe batubwira ko nta connection, ubundi bakatubwira ko nta muriro ugasanga ibibazo byacu ntibikemukiye ku gihe".

Mugenzi we utashatse ko amazina ye ajya ahagaragara yagize ati ”Abantu benshi ntitubizi, ubu kumbwira ngo nkoreshe ikoranabuhanga sinabishobora rwose, habe no kuba nakwishyura amafaranga ya mituelle nkoresheje telephone, kubwira umuntu utarize ngo akoreshe ikoranabuhanga ntabwo byoroshye rwose mujye mutubabarira”.

NDAYAMBAJE Joseph we avuga ko ikoranabuhanga ryabafashije kudatakaza umwanya ariko ko na none hari benshi cyane batazi kurikoresha bakwiriye gufashwa, ati ”Ibi bintu ni byiza rwose kuko birihuta kandi umuntu ntatakaze umwanya n’amafaranga menshi asiragira mu butabera, buri kimwe cyose tugisanga kuri telephone ariko ikibazo nuko twese tutazi gukoresha iri koranabuhanga, birasaba ubukangurambaga”.

Kuri iki kibazo, umuhuzabikorwa w’inzu y’ubufasha mu by’amategeko MAJ mu karere ka Muhanga Madame UWINEZA Chantal  avuga ko Ikoranabuhanga koko riragoye ndetse n’abajijutse rirabagora ariko kandi ngo byihutishije ubutabera. 

Yagize ati: “Ni byo umuturage ntabwo akirirwa asiragira ku rukiko, kandi mbere yatakazaga umwanya n’amafaranga, ibi rero byafashije abaturage n’inzego z’ubutabera, ati ”Yego abaturage ntabwo barabimenyera ariko ni urugendo rurerure kandi abantu bakwiriye kumenyera gukoresha ikoranabuhanga kuko nicyo gihe tugezemo, biragoye ariko ni ngombwa”.

Akomeza avuga kandi ko muri ibi bihe turi guhangana n’icyorezo cya Coronavirus, ikoranabuhanga ryabafashije cyane mu kwihutisha ubutabera  cyane ko imanza zacibwaga ndetse zikarangizwa hatabayeho guhura kw’abantu ahubwo bigakorwa hifashishijwe ikoranabuhanga.

Ibi kandi byashimangiwe n’umuyobozi wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage mu karere ka Muhanga, Madame MUKAGATANA Fortune aho avuga ko abantu bakwiye kumva ikoranabuhanga bakarigira iryabo, ati ”Abantu dukwiye kuryumva cyanenubwo bisaba igihe cyo kurisobanurira abaturage bakarigira iryabo ndetse bakaryizera”.

Fortune kandi akomeza avuga ko ikoranabuhanga mu butabera nubwo abaturage batararyumva neza ariko ryihutisha imanza, rifasha kumenya ibirarane bihari, gukorera mu mucyo, bakitwararika mu byo bakora kandi nanone rigafasha abaturage kudasiragira mu nkiko bagatakaza umwanya wabo n’amafaranga y’ingendo.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND