RFL
Kigali

Abagore gusa: Ibimenyetso bikwereka ko ubana n’umugabo utakwiyumvamo

Yanditswe na: Liliane Kaliza
Taliki:21/05/2020 14:19
0


Iyo urukundo rugaragaye mu buzima bwacu, twumva tunezerewe, kandi dukora ibishoboka byose kugira ngo dukomeze kubaho gutyo. Ariko ikibabaje, urumuri rw’urukundo rushobora kuzimwa ijoro ryose nta mpamvu ifatika igaragara.



Umugabo wawe ntakikwitaba kuri telephone n’iyo muri kumwe ibitekerezo bye biba byagiye, imyitwarire ye isigaye igutangaza. Muri iyi nkuru twashyize hamwe urutonde rw’ibimenyetso byerekana ko utagishishikajwe na we nka mbere.

Ntabwo ajya asubiza ubutumwa bugufi umwandikira: Nubwo yaba ari mu bihe bitoroshye, n’iyo yaba afite ibimugoye mu mibereho ye yangwa se mu kazi ke ka buri munsi, umugabo ugukunda azahora abona umwanya wo kukwiyegurira, kandi ntazigera atinyuka gusiga ubutumwa bwawe butasubijwe. 

Niba umukunzi wawe aretse gusubiza ubutumwa bwawe nta mpamvu igaragara, ushobora gutangira kwibaza ibibazo. Niba umugabo wawe akunda kwirengagiza ubutumwa bwawe bugufi, menya neza ko atakifuza kuvugana nawe.

Ntabwo muba muri kumwe mu bihe byawe bigoye, ufite ibibazo cyangwa se urwaye: Iyo umugabo agukunze, ahora hafi yawe, mu  ibyiza cyangwa mu bibi. Iyo urwaye, araguherekeza kwa muganga, iyo wumva wihebye, agutega amatwi akakugira inama. Ariko, umugabo utagukunda by’ukuri ntabyitaho cyane, ntashobora kugufasha cyangwa kukwumva. Niba ukunze kuba mu bibazo umugabo wawe ntakube hafi tangira ugire amakenga.

Akuvugisha gusa iyo ushyize ikintu ku mbuga nkoranyambaga: Niba umugabo wawe atakikuvugisha rwose ariko waba ushyize ifoto yawe ku mbugankoranyambaga agahita akubwira ijambo ryiza ntibivuze ko agukunda. Mu by'ukuri, umugabo ukora ibi ahanini akururwa n’uburanga bwawe. Mu kukoherereza ubutumwa, arashaka kukwibutsa ko akiriho no kumenya niba ugifite ibyiyumvo kuri we gusa nta kindi.

Akenshi yibagirwa isabukuru y’amavuko yawe: Abagabo bazi ko nta mugore kwisi wifuza ko isabukuru yabo yibagirana, Niyo mpamvu abagabo bakora ibishoboka byose kugirango bibuke isabukuru y’abakunzi babo, Niba umukunzi wawe ataguhamagaye cyangwa se ngo akwiteho ku munsi w’amavuko, ntukizere urwitwazo rwose ashobora gutanga, ntagukunda rwose.

Yirinda iteka kwifotozanya nawe ndetse no kukwereka inshuti ze: umugabo mukundana yishimira kwiyerekana n’umugore we, yifuza ko abantu bose bamumenya, kandi ntahwema kumwereka inshuti ze. Ariko Niba mumaranye igihe, ariko ukaba utazi inshuti ze, kandi akaba atifuza kukugaragaza birashoboka ko atagukunda rwose, ntagushaka mu buzima bwe

Src: santeplusmag.com






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND