Umufaransa w’imyaka 51 y’amavuko wamamaye mu makipe akomeye ku mu gabane w’i Burayi arimo Paris Saint-Germain, AS Monaco na Inter Milan, Youri Djorkaeff, yasesekaye mu Rwanda ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu mu ruzinduko rw’iminsi ine agiye kuhagirira muri gahunda ya Visit Rwanda.
Iyi
ni inshuro ya Kabiri Djorkaeff watwaranye igikombe cy’Isi n’ikipe y’igihugu y’ubufaransa
mu 1998 agarutse mu Rwanda, nyuma yuko yari yahageze bwa mbere mu mwaka ushize.
Uruzinduko
rwa Youri Djorkaeff mu Rwanda ruri muri gahunda y’ubufatanye u Rwanda ruherutse
kugirana n’ikipe ya PSG yo mu cyiciro
cya mbere mu Bufaransa, binyuze muri gahunda yaVisit Rwanda, aho abakiniye iyi
kipe ndetse n’abayikinira kuri ubu bazajya basura u Rwanda kenshi.
Bimwe
mu bikubiye mu ruzinduko rwa Djorkaeff rw’iminsi ine azamara mu Rwanda, harimo
guhura n’abakinnyi bakiri bato bari mu mujyi wa Kigali, akazahura ndetse
akanaganira n’abakunzi b’umupira w’amaguru by’umwihariko abafana ba Paris Saint
Germain, azakomereza kandi mu bice bitandukanye by’igihugu aho azasura ibyiza
nyaburanga birutatse, harimo gusura Pariki y’Ibirunga, Pariki y’Akagera n’ahandi
hatandukanye.
Agisesekara
ku kibuga cy’indege Djorkaeff yishimiye kugaruka mu Rwanda ndetse
anashimangirako yizeye kuzaganira n’abanyarwanda akabakundisha PSG.
Yagize
ati” Ni igihugu cyiza gifite abaturage beza. Ni inshuro yanjye ya kabiri hano
kuko nahageze bwa mbere mu Ukwakira mbonana na Perezida wanyu. Ubu nishimye ko
nzabona umwanya wo gutembera hose nkabonana n’Abanyarwanda kandi ndizera ko
bazakunda Paris Saint-Germain.”
Djorkaeff
yavuze ko u Rwanda rwahisemo neza gukorana na PSG kandi ko impande zombie zizabyungukiramo.
Yagize
ati”Ubufatanye buba bwiza mu gihe igihugu kibona ko umupira wacu ari mwiza, kandi u Rwanda ni igihugu kigaragarira Isi
yose, bahisemo ikipe nziza kuko PSG ifite ishusho ishobora kuzamura igihugu mu
buryo bwose.”
Youri
Djorkaef aje yiyongereye ku bindi bihangange byasuye u Rwanda mu mwaka ushize,
akaba ari nawe wa mbere usuye u Rwanda mu mwaka wa 2020, akaba akurikiye Maria
Sharapova wamamaye muri Tennis uherutse mu Rwanda mu mpera z’umwaka ushize.
Youri
Raffi Djorkaeff w’imyaka 51, yakiniye ikipe y’igihugu y’Ubufaransa atwarana
nayo ibikombe bitatu bikomeye birimo igikombe cy’Isi mu 1998, igikombe cy’Uburayi
mu 2000 ndetse na , FIFA Confederations Cup mu 2001.
Yakiniye
kandi amakipe arimo Grenoble, Strasbourg, Monaco, Paris Saint Germain, Inter
Milan, Kaiserslauten, Bolton Wanderers, Blackburn Rovers na New York Red Bulls.
Saa Moya n'igice nibwo Djorkaeff yari asesekaye i Kanombe ku kibuga cy'indege
Djorkaeff yishimiye kugaruka mu Rwanda ku nshuro ya kabiri
Djorkaeff yavuze ko agiye gukundisha abanyarwanda PSG
TANGA IGITECYEREZO