Habamahoro Vincent wari Umukinnyi wo hagati muri SC Kiyovu yerekanwe mu bakinnyi AFC Leopards izakoresha mu mwaka w'imikino 2019-2020.
Habamahoro
yasoje amasezerano muri SC Kiyovu nyuma y'uko bari bamaze gukina umukino wa
nyuma w'igikombe cy'Amahoro 2019 batsindwa na AS Kigali ibitego 2-1. Muri uwo
mukino wa nyuma, Habamahoro Vincent yari kapiteni wa SC Kiyovu kuko Ngirimana
Alex usanganwe izi nshingano yari yabanje ku ntebe y'abasimbura.
Habamahoro Vincent (Ubanza iburyo) ubwo AFC Leopards yerekanaga abakinnyi
Habamahoro Vincent ni umwe mu bakinnyi bagize umwaka mwiza w'imikino 2018-2019
Habamahoro
Vincent yasinye imyaka ibiri muri AFC Leopards isanzwe itozwa na Cassa Mbungo
Andre wanamutoje muri SC Kiyovu.
Uretse
Habamahoro Vincent werekanwe muri AFC Leopards, iyi kipe yerekanye abakinnyi
barimo Kayumba Soter wakinnye muri AS Kigali ndetse na Ismaila Diarra wakiniye
Rayon Sports.
Uva ibumoso uwubanza ni Kayumba Soter (Rwanda) na Ismaila Diarra (Mali) wa kabiri
Kayumba Soter yakomezanyije na AFC Leopards nyuma yo kunaniranwa na AS Kigali yamwifuzaga mu bwugarizi mu gihe Habamahoro Vincent yananiranwe na SC Kiyovu yashakaga ko yongera amasezerano cyo kimwe na Musanze FC.
TANGA IGITECYEREZO