RURA
Kigali

Diamond yagarutse ku bakozi ba Wasafi bari kwigira muri Crown ya Ali Kiba bahanganiye ku isoko

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:18/06/2024 18:25
0


Diamond Platnumz yasubije Ali Kiba umaze iminsi atwara abakozi be batandukanye bari basanzwe bakorera igitangazamakuru cya Wasafi.



Muri Werurwe, Ali Kiba yageze ku isoko ry’itangazamakuru afungura ikinyamakuru cye yise Crown Media gikubiyemo radiyo na televiziyo.

Ni ibintu byakiriwe neza n’abafana be ndetse binarushaho gushimangira ubudasa bw'aba bahanzi bahora bahanganye.

Kuva icyo gihe uyu muhanzi yatangiye gushyira imbaraga mu gushaka abakozi bakomeye. Abanyamakuru benshi yagiye abakura muri Wasafi Media, EFM na Clouds FM.

Diamond yavuze ku bakozi be bari gutwarwa na Ali Kiba, yagize ati: ”Iyo umuntu avuye mu kazi agannye mu kandi, biba bishimangira ko bahawe amahirwe asumbyeho.”

Arakomeza ati: ”Nta kibazo mbibonamo, ni ibintu byiza umuntu uwo ari wese yahitamo kujya gukorera ahantu abona bamuhaye amahirwe asumbyeho.”

Yavuze ko nta gihombo na kimwe afite mu kuba abakozi be bajya gukorera Crown Media. Ati: ”Nta kibazo mfite mu kuba umukozi yava muri Wasafi Media akajya muri Crown Media, twese tuba duharanira iterambere.”

Kugeza ubu ibyamamare bitandukanye bikomeje kugaragaza inyota yo gushinga ibinyamakuru byabo bwite.

Mu Ukuboza 2022, Sallam Sharaff usanzwe ari umujyanama wa Diamond na we yatangije radiyo yise Mjini FM.

Ibi byatumye amakuru atangira gucicikana ko haba hagiye kuba ihangana rikomeye hagati ya Diamond na Sallam ndetse bamaze gutandukana nyamara Sallam yaje kuvuga ko bagikorana.Diamond Platnumz yavuze ko kuba abakozi bakwerekeza aho babona bigenda neza nta kibazo abibonamoCrown Media ya Ali Kiba ikomeje gutwara abakozi b'abahanga bakoreraga Wasafi Media ya Diamond 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND