RFL
Kigali

Mama Queen abajije Imana ikibazo cyitsa ku buzima bwe mu ndirimbo “Nakwitura iki?” - VIDEO

Yanditswe na: Muramira Racheal
Taliki:9/06/2023 12:16
1


Umuhanzikazi Mama Queen yashyize hanze amashusho y’indirimbo nshya yise “Nakwitura iki?” igaruka ku bitangaza bihambaye Imana yamukoreye ikamukura mu buzima bubi, ikamugeza mu mucyo utangaje.



Iyi ndirimbo ibonekamo ishimwe rya Mama Queen rihwanye n’imyaka umunani, kuko yabonye gukomera kwayo muri iki gihe maze ahinduka udasanzwe yaba mu buzima busanzwe ndetse n’ubuzima bw’ubuhanzi.

Tuyishimire Vestine uzwi nka Mama Queen, yahuye n’ubuzima bukomeye mu gihe cy’imyaka umunani, ndetse ubwo buzima bwaramushaririye agera aho yiheba abura icyizere cy’ahazaza, nyuma ni bwo yaje kumurikirwa n’umucyo Imana imuha igisubizo cy’ibibazo yari afite.

Muri iyi ndirimbo Mama Queen avuga ko ntacyo yakwitura Imana kuko n’amagambo ye adahagije ngo asobanure ishimwe rye, ndetse ko yifuza aho yakwandika ukugira neza kw’Imana, aho kutazasibangana iteka ryose.

Mu kiganiro Mama Queen yagiranye na InyaRwanda, yavuze ko yagize ibyishimo bidasanzwe ubwo yari aryamye atekereza ku buzima yanyuzemo, akaza guhindurirwa imibereho ubwo Imana yamwibukaga ikamukiza agahinda, maze agira igitekerezo cy’iyi ndirimbo yise “Nakwitura iki”.

Umuhanzikazi Mama Queen ati “Iyi ndirimbo rero yaje mu ijoro rimwe ubwo nari maze kwicara nkatekereza ubuzima nanyuzemo byankomereye ku buryo bukomeye mu myaka 8.

Maze kubona ko nibura hari aho Imana ingejeje nkihumeka numva simfite icyo nayitura cyangwa amagambo nabivugamo ngo nyishimire ibyo yankoreye byose ndirimba iyi ndirimbo”

Uyu muramyi ubarizwa mu itorero rya Angilikani, avuga ko ubuhanzi yabukuranye, akunda kuririmba, nyamara ntabone uburyo bwo kugaragaza impano ye nk'uko abyifuza kuko yatangiye gutunganya indirimbo mu 2008.

Mama Queen ni umubyeyi w’abana bane, ndetse akaba umwe mu babyeyi bashima Imana ku bwo kumurikirwa n’umucyo nyuma y’igihe kirekire abona umwijima umugose.

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y'INDIRIMBO YA MAMA QUEEN YISE "NAKWITURA IKI"

">

Ashimishijwe no kuba ari gutambutsa ibihangano bye bigakunda kuko byari biri mu nzozi ze ariko akabura uburyo bitewe n’inzitizi zitandukanye. Nubwo avuga ko urugendo rw’ubuhanzi ari uguhozaho, we avuga ko yiteguye kuririmbira Imana akavuga gukomera kwayo benshi bakamenya ugushaka kwayo.


Mama Queen ashimye Imana kuba yaramukuye mu buzima bubi yanyuzemo


Ashimira cyane umutware we umuba hafi mu rugendo rwe rw'umuziki


Mama Queen yashyize hanze indirimbo yise Nakwitura iki?





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Mujyambere felicien10 months ago
    Amashimwe nkayo nimeza kuko aratwubaka cyaneko haribamwe bakunze kwiheba bitewe nibyo baciyemo gusa iyo babonye cg bamenye inzira abandi banyuzemo birabafashacyane.





Inyarwanda BACKGROUND