Mitima Isaac ni umwe muri bamyugariro bagize umwaka mwiza w'imikino 2022-23, nyuma yo gufasha ikipe ya Rayon Sports kwegukana igikombe cy'Amahoro.
Mu gihe isoko ry'igura n'igurisha ryamaze gufungura imiryango mu Rwanda, amakipe menshi aba areba abakinnyi badafite amasezerano ndetse n'abayafite ariko atagoye ku buryo bakorana mu mwaka ukurikira w'imikino.
Mu ntangiriro z'ukwezi
kwa Gicurasi, ni bwo hagiye hanze amakuru y'uko Mitima Isaac yahawe ubutumire
n'ikipe ya Sheriff Tiraspol yo muri Moldova aho yagombaga kujya gukorayo
igerageza. Nk'uko uyu musore yabyemereye Igihe, Mitima yagombaga kwerekeza muri
Moldova tariki 25 Gicurasi, ariko birangira atagiyeyo.
Kuki Mitima Isaac atitabiriye ubutumire?
Aganira
na InyaRwanda Mitima yavuze ko ibyo ikipe yo muri Moldova yamuhaga byatumye
yumva nta muhate wo kujyayo. Yagize ati "Ikipe ya Sheriff yashakaga ko ngenda
tudasoje umwaka w'imikino kandi ntanakinnye igikombe cy'Amahoro. Ibyo rero
numvishe bigoye kuko nibura iyo ngenda ngiye gusinya byari kumvikana, ariko
ntabwo nari kujya mu igerageza ngo nsige ikipe yanjye ntayifashije mu mikino ya
nyuma."
Mitima
akomeza avuga ko shampiyona ya Moldova nayo itari kumushitura cyane. "Kuri
ubu ndi gukina nshaka kugera ku rwego nahoze ntekereza nkiri muto. Nari maze
iminsi nyura mu makipe, ariko sinkine bihagije. Gusa muri Rayon Sports navuga ko
bitagenze nabi, ariyo mpamvu nshaka ikipe ikomeye kandi iri muri shampiyona
ikomeye ku buryo ngera ku rwego nahoze nifuza."
Amasezerano Mitima Isaac yari afitanye na Rayon Sports, yamaze kugera ku musozo, ndetse ubu yiteguye kuvugana n'ikipe iyo ariyo yose, ipfa kuba igendanye n'intego ze.
Mitima Isaac ukina inyuma mu mutima w'ubwugarizi, yabaye kapiteni w'Intare FC, ayivamo yerekeza muri Police FC, ahava ajya muri Sofapaka yo muri Kenya, agaruka ajya muri Rayon Sports ari nayo yakiniraga.
Mitima birashoboka ko yakongera amasezerano muri Rayon Sports
Mitima yanyuze muri Kenya mu ikipe ya Sofapaka FC ari nayo yakiniye hanze y'u Rwanda
TANGA IGITECYEREZO