RFL
Kigali

Yivuganye muramukazi we! Menya byinshi ku rupfu rwa Lindaci wishwe na muramu we

Yanditswe na: Muramira Racheal
Taliki:3/06/2023 15:33
0


Umugore wo muri Brazil, Lindaci yatakaje ubuzima ku munsi w’amavuko ye, nyuma yo kurya shokora zarozwe n’uwahoze ari murumuna w’umugabo we, ubwo yazohererezwaga nk’impano yo ku munsi we.



Lindaci Viegas Batista de Carvalho, ubwo yizihizaga isabukuru yimyaka 54, yari yishimye yumva ari umunsi nk’iyindi, gusa ni nawo munsi we wa nyuma yapfiriyeho.

Uyu mugore ubwo yari mu birori, mu byishimo n’abandi bantu be ba hafi yakiriye agapfunyika karimo Shokora (Chocolates), gusa ntiyamenya aho gaturutse ariko ntiyabyitaho kuko yumvaga inshuti zo kumuha impano ari nyinshi.

Ako gapfunyika kaje kari kumwe n’indabo nziza ndetse bimeze nk’ibyateguranywe urukundo, bimutera ubwuzu bwo kubyakira, akomeza kwishima nk’ibisanzwe.

Uyu mugore yakomeje kugira amatsiko y’uwazanye indabo na shokora yari amaze kuryaho, maze atekereza kubaza umugabo we niba ariwe wamuhaye impano y'agatangaza, amwemerera ko ari we wayohereje mu buryo bwo kumwifuriza ibyiza ku isabukuru ye.

Umugore yarishimye atangira kurya kuri shokora yoherejwe n'umugabo we, gusa yarimo asezera ubuzima. Ubwo yajyaga muri saro batunganyirizamo imisatsi kugira akomeze gusa neza ku munsi we w’amavuko, yatangiye gucika intege bidasanzwe.

Ubwo yasohokaga ngo atahe yaguye hasi, abari bamuri hafi barimo abapolisi bihutira kumujyana kwa muganga, maze akigerayo ahita ashiramo umwuka.

Ibisubizo bya Autopsie bya Lindaci byagaragaje ko yarozwe. Abashakashatsi basuzumye ibiribwa byari mu birori bye, basanga shokora zoherejwe n’umugabo we zuzuyemo uburozi bukomeye atari kurokoka.

Umugabo wa Lindaci yatawe muri yombi nk’umuntu ukekwaho icyaha kubera ubwicanyi bwe. Gusa umugabo yasaga n’utazi iby’ubwo burozi bwari muri shokora nubwo yemera ko zoherejwe nawe.

Mu gihe abashakashatsi batangiye gucukumbura cyane, baje kumenya ko umugabo we atari we waroze uyu mugore, ahubwo murumuna we ariwe wahigiye kwivugana uyu mugore nyuma yo kubafuhira.

Ubwo bavugaga ku mubano w’aba bombi byavuzwe ko Mário Sérgio umugabo we yari umukunzi w’uyu mugore kuva na kera, ariko nyuka akaza gufungwa murumuna we agahita yinjirira umugore wa mukuru we.

Ubwo yafungurwaga mu Gushyingo 2022 yaje kwisubiza umugore we,ariko murumuna we ntibyamushimisha ndetse amera nk’utaye umutwe.

Yakomeje kurakarira mukuru we n’umugore we ndetse akabohereza ubutumwa bubatera ubwoba,akavuga ko azihorera ku mugore umwanze akongera gukunda mukuru we nyuma yuko afunguwe.

Ubwo iperereza rya Polisi ryakomezaga gucukumbura ryagaragaje ko uyu musore yaje kumenya aderesi yaho batuye,ndetse agambirira kuroga impano yateguwe na muku we irimo shokora,bose bakamuhomba.

Nk’uko urubuga rw’amakuru rwo muri Brezile rubitangaza,ruvuga ko  yamenye aderesi ya Lindaci,maze yegera impano mukuru we yateguriye umugore we irimo shokora ashyiramo uburozi.

Polisi kandi yatangaje ko uyu musore yafatanywe ikimenyetso kigaragaza ko yahamagaye umuntu ugira uburozi kugira ngo amuhe ubwo azakoresha aroga uyu mugore.

Ibyo byatumye afatwa ndetse ubu arashinjwa kuba yarahitanye ubuzima bw’umugore wahoze ari umukunzi we ariko akaba umugore wa mukuru we nk'uko bitangazwa na The Mirror.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND