RFL
Kigali

U Rwanda mu bihugu 10 bya Afurika bikoresha abagore benshi mu buyobozi

Yanditswe na: Muramira Racheal
Taliki:30/03/2023 11:06
0


Akamaro ko kugira umubare munini w’abagore muri Guverinoma, bifitanye isano no kubaka umuryango urangwamo uburinganire, ndetse bifite inyungu zinyuranye kandi ni imwe mu nzira zo gukemura bimwe mu bibazo biboneka ku nzego za Leta no mu muryango.



Abagore bagira ibitekerezo byihariye, n’uburambe mu miyoborere bushobora kuganisha kuri Politiki yuzuye, bitewe nuko ari abanyembaraga kandi bafata imyanzuro ihamye.

Mu mateka y’ikiremwamuntu, ubuyobozi bwa politiki bwari bwarahariwe  abagabo gusa, bityo hirengagizwa ubushobozi bw’umugore ndetse aranakandamizwa kuko byavugwaga ko umugore ari uwo mu rugo gusa.

Kugira abagore mu nteko nshingamategeko, ni intambwe y'ingenzi iganisha ku buringanire no gushyiraho umuryango usobanutse, kandi wuzuye utarangwamo amakimbirane, ufatanya n’Igihugu kubaka ahazaza hacyo.

Ubushakashatsi bwerekanye ko kugira abagore benshi mu nteko ishinga amategeko biganisha kuri politiki nyinshi zikemura ibibazo bireba buri wese harimo, nko kwita ku bana kuko basobanukiwe kurera cyane, ubuzima bw’ababyeyi, n’ibindi.

Byongeye kandi, abagore mu nteko ishinga amategeko bakunze kwibanda ku bibazo birimo imibereho, uburezi, ubuvuzi, no kugabanya ubukene,nka bimwe  bishobora kuzamura imibereho y’abaturage bose.

Iyo usubije amaso inyuma, usanga abagore baba nyambere mu kuzana uburinganire mu bantu,kuvuganira abandi, kuzamura ubukungu byihuse, ndetse amaherezo ibyo bashyiramo imbaraga bigira ingaruka kuri buri munyamuryango no muri sosiyete.

Hashingiwe ku iterambere, ibihugu byinshi bigenda bisobanukirwa n’ubushobozi bw’igitsinagore ndetse bakabongera mu nzego z'ubuyobozi kandi bigahita bigaragaza itandukaniro.

Ibihugu bya Afurika byashyize imbere itorwa ry’abagore mu myanya y'ubutegetsi muri iki gihe, ndetse ibihugu byinshi ku Isi byateye imbere nyuma yo kumenya agaciro k’abagore n’ubushobozi bwabo mu miyoborere.

Ihuriro ry’Inteko nshinga mategeko (IPU), urubuga rw’amakuru yemewe ku nteko zishinga amategeko z’isi, rutangaza urutonde rw’ijanisha rw’abagore mu nteko zishinga amategeko buri kwezi.

U Rwanda rwaje ku mwanya wa 1mu bihugu 10 bya Afurika mu gukoresha abagore benshi mu buyobozi, ndetse no kurwanya ihohoterwa rikorerwa igitsinagore.


U Rwanda, Igihugu cya 1 mu guha agaciro abagore no kubatora mu nzego nkuru z'ubuyobozi

Mu rwego rwo kwibuka ukwezi mpuzamahanga kw'abagore, dore ibihugu 10 byo muri Afurika bifite abagore benshi bahagarariye abandi muri politiki, nk'uko bitangazwa na Businessinsider Africa.







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND