RFL
Kigali

Ababyeyi: Uko wakwita ku mwana wawe umurinda kujya mu bibi mu gihe ategereje guhabwa indangamanota

Yanditswe na: Kwizera jean de Dieu
Taliki:27/03/2023 13:42
0


Birashoboka ko umwana wawe ari umunyeshuri wiga mu mashuri abanza, ayisumbuye cyangwa n'ahandi. Uyu mwana yakoze ibizamini ategereje indangamanota, kandi muri kumwe mu rugo none urabona atangiye guhindura imico.



Mu gihe umwana yarangije gukora ibizamini ategereje amanota, hari ibyo wamufasha kumenya no guhugiramo kugira ngo ejo cyangwa ejo bundi bataza guhamagara ngo 'umwana wawe aribye cyangwa bamutwaye mu nzererezi'.

Igitabo Human Development kibamo amasomo y'ubumenyamuntu, habamo ingingo zitandukanye zifasha ababyeyi kumenya uburyo barera abana babo kuva umwana avutse kugera akuze ndetse no mu gihe ageze muri iki gihe cyo kuba ategereje amanota ye bigendanye n'ikigero cy'imyaka afite uko agenda akura.

Umwana ugeze mu mwaka wa Mbere, uwa Kabiri, uwa Gatatu, gukomeza, afatwa mu buryo butandukanye n'umwana umaze kugera mu mashuri yisumbuye ndetse no kubitaho biratandukanye nk'uko iki gitabo kibigaragaza.

ESE NI IKI WAFASHA UYU MWANA MURI IKI GIHE ?

1. Mushakire ahantu ahugira

Uyu mwana ategereje amanota ye ariko ni mukuru ku buryo ashobora kwiga ikintu akagifata. Aho gutuma yirirwa mu rugo, mushakire ahantu bakora ibintu bitandukanye cyangwa babyigisha ubundi umugezeyo umwishyurire akoreshe icyo gihe wita gito azacyure ubumenyi.

Urugero: Uyu mwana ashobora kuba akunda gukina umupira w'amaguru cyangwa indi mikino. Mufate umujyane aho bigishiriza umupira, ubundi urebe ko na nyuma yo gufata amanota atazishimira kuhaguma, akazasubira ku ishuri ari umuhanga muri byose.

2. Mushakire Filime zo kureba

Uyu mwana aracyari muto, kugira ngo wirinde ko yajya mu kavuyo kā€™abandi bana badahuje imico ejo akaba yakurana ingeso utifuza, mushakire Filime z'abana ariko zirimo amasomo agendanye n'ikigero cye, ubundi umugenere amasaha yo kuzireba, kukwitaho no kuryama.

3. Tuma amenya ahantu

Ni byiza ko avuye ku ishuri nawe uramukumbuye, ariko umugumanye nawe urabizi ko aho mutuye hamurarura bigendanye n'imyaka afite. Nk'umubyeyi rero mushakire ahantu ajya kumara igihe mu muryango wawe cyangwa uwa se umubyara niba bahari.

Uyu mwana uzabasha kumenya neza ko ameze neza ndetse abayeho neza kugeza impungenge zawe kuri we zishize. 

Ushobora no kumujyana mu byo wirirwamo nk'umubyeyi cyangwa mu kazi kawe ka buri munsi nk'umubyeyi ku buryo bimufasha kumenya neza ko agumana nawe agakora akazi. Ababyeyi bagirwa inama kenshi yo gukora ibi by'umwihariko mu gihe cy'ibiruhuko.

4. Mwigishe

Uyu mwana wawe arumva kandi arubaha, mubyeyi urasabwa iminota 10 ya buri munsi yo kumuganiriza, umuhugura, umwereka uko agomba kwitwara mu gihe atari ku ishuri nabyo bizagufasha kugira umutekano kuko azumvira inama zawe.

Umwana ni umutware, umwana ni ejo hazaza, niyo mpamvu mu nzira zose umwana ashakirwa icyatumwa ubuzima bwe buba bwiza cyane. Izi nama zigirwa ababyeyi ndetse n'abandi barera abana.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND