RFL
Kigali

Gen Muhoozi yasabye ko u Rwanda na Uganda byasinya amasezerano yo gutabarana

Yanditswe na: Kwizera jean de Dieu
Taliki:11/03/2023 23:17
0


Gen Muhoozi, umuhungu wa Perezida Museveni wa Uganda, abinyujije ku rututa rwe wa Twitter, yasabye ko ibihugu byombi u Rwanda na Uganda bikwiriye gusinyana amasezerano yo gutabarana mu bya Gisirikare.



Ubusanzwe, Gen. Muhoozi azwi gukoresha cyane Twitter mu gutanga ibitekerezo ku ngingo zitandukanye yaba Politike, Imyidagaduro n'ibindi. Kuri ubu yageneye ubutumwa abakuru b’ibibihugu bibiri u Rwanda na Uganda, agaruka ku mwihariko w’ingabo z’ibi bihugu muri Afurika.

Gen Muhoozi, yandise ati: ”Ubwa mbere natangiye gukoresha Twitter mu mwaka wa 2014 mvuga ibijyanye n’imikino, imideri n’imidagaduro ariko nza gusanga bidahagije. 

Marume wanjye Perezida Kagame na Papa wanjye Yoweli K. Museveni ni bo bakuru b’ibihugu bakomeye cyane muri Afurika. Bombi bubatse igisirikare gikomeye muri Afurika. UPDF na RDF, dushobora gusinya amasezerano yo gutabarana vuba cyane bishoboka”.

Yakomeje agira ati: ”Aya masezerano hagati y’u Rwanda na Uganda, asobanuye ko uwo ari we wese wazakora ku Rwanda, yazaba ateje intambara kuri Uganda, akaba anayiteje ku Rwanda”.

Nyuma yo kuvuga aya magambo, Gen Muhoozi Kainerugaba yasenze isengesho yavuze ko ari iry’abakomando.

Gen Muhoozi avuze ibi mu gihe u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo birebana ay’ingwe ndetse inshuro nyinshi DRC yagiye ishotora u Rwanda






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND