Umugore ukiri muto yirukanwe mu kazi n’umukoresha we amuziza ko yakutse amenyo, bitewe n’uko igihe yasabaga akazi atigeze agaragaraza ko afite ikibazo cy’uko adafite amenyo.
Justine w’imyaka 35 yajyanye umukoresha we mu rukiko amushinja ko yamwirukanye
bitunguranye ku munsi wa mbere, nyuma akaza kumubwira ko yamujijije ko adafite amenyo nk’abandi
bantu bakuru.
Ikinyamakuru The Mirror kivuga ko uyu mugore yirukanywe ku munsi
wa mbere ubwo yazaga mu kazi yambaye agapfukamunwa, agasaba mugenzi we
kumukorera icyayi cy’ikawa, yabumbura akanwa agiye gusoma ku cyayi bakabona afite
ibihanga.
Umukozi wamukoreye ikawa n’abandi bakozi harimo n’umukoresha bakimukubita amaso baratangaye barumirwa, ariko ngo ntibagize icyo bavuga muri ako
kanya. Ubwo abakozi bavaga mu kiruhuko cyo gufata ifunguro rya saa sita, Justine yahamagawe
mu biro.
Umukoresha we Nieuwsblad yamusabye gusinya ku
mpapuro zigaragaza ko akuwe ku kazi, nyuma y’uko basanze adafite amenyo.
Justin ubwo yisobanuraga ku burwayi afite bwo kuvamo
amenyo, umukoresha we yanze kumwumva. Yahise amwereka amwe mu menyo yavuyemo kuko
uwo mukozi yayagendanaga, ariko biba ibyubusa kuko yari yamaze kwamburwa akazi.
Uyu mukozi yihutiye mu rukiko kurega umukoresha we, kugira arenganurwe. Yavuze ko iyi ndwara ari karande ku muryango wabo, ariko ko
itamubuza kuzuza inshingano yiyemeje.
Yakomeje avuga ko muri Kanama 2020 mu gihe
cy'icyorezo cya Covid 19, yatangiye
gukoresha ubwishingizi yari afite yivuza ariko bitunguranye ubwishingizi bwe buza
guhagarara.
Ubwo urukiko rwabazaga uyu mukoresha we impamvu
yirukanye uyu mukozi, yisobanuye avuga ko Justine yagombaga kugaragaza uburwayi
bwe mbere yo kuza gukora akazi.
Gusa Justine we yavuze ko yabonaga atari ngombwa
kuvuga ku kibazo cy’uburwayi afite, bwo kuvamo amenyo.
Justine yagize ati: "Icyo gihe ntabwo
natekerezaga ku uburwayi buvugwa mbere, kuko sinabibajijwe”.
Justine ubwo yasamuraga akanwa agiye kunywa icyayi byahise bimenyekana mu kazi ko burya nta menyo agira, ariyo mpamvu yaje yambaye agapfukamunwa.
Abunganira abaregwa bahagarariye umukoresha, na bo
bavuze ko Justine yakoze amakosa ndetse yahemutse kutagaragaza ikibazo afite
cyo kutagira amenyo.
Justine n’akababaro yakomeje avuga ko iryo ari ihohoterwa yakorewe, gusa
anavuga ko yabonye akandi kazi ahandi.
Urukiko rwanzuye ko amategeko y'Ububiligi ateganya
ko abakoresha badakwiye kwirukana abakozi, bitewe n'imiterere cyangwa ubumuga
bafite.
Abacamanza bahaye Justine umushahara mbumbe w'amezi
atandatu, nk'indishyi y’akababaro ndetse
n'impozamarira. Urukiko rwagendeye ku ngingo ivuga ko imiterere y’umukozi
cyangwa uko agaragara bitagomba gutuma avangurwa, ngo avutswe uburenganzira bwe.
Urukiko rwa Aast mu Bubiligi rwanzuye ko akato katemewe mu kazi, buri mukozi afite uburenganzira bwe igihe uburwayi afite cyangwa ubumuga bitamubuza gukora inshingano ashinzwe.
TANGA IGITECYEREZO