Kubera uburwayi, abenshi bajya kwihagarika buri mwanya ndetse bamwe ntabwo bashobora kubara incuro bihagarikaho ku munsi. Ibi wakwibaza ngo biterwa ni iki ? Igisubizo kiri muri iyi nkuru.
Kabone n’ubwo
bidatekerezwaho cyane na bamwe, burya ni ingenzi cyane kumenya incuro winjira mu bwiherero ku munsi kugira ngo utangire wirinde ndetse umenye n’uburyo
ukoresha ubuzima bwawe umunsi ku munsi.
Kujya
kwihagarika akenshi bigirwamo uruhare n’impyiko y’umuntu ndetse n’ibindi bice
bikorana nayo cyane mu mikorere y’umubiri. Incuro abantu bakuru bashobora
gukoresha ubwiherero bihagarika ntabwo
ari zo abana bakoresha bigendanye n’imikorere ya buri muntu.
Kuba incuro
wihagarika zakwiyongera byaterwa n’ibintu bitandukanye birimo; Ikirere cy’ahantu
uri ushobora kuba utamenyereye, ku byo ufungura, indwara se ndetse n’izindi
mpamvu zigaragazwa n’ubuzima bw’umuntu. Ubushakashatsi bwagaragaje ko umuntu mukuru yihagarika nibura hagati y’incuro 6 n’umunani ku munsi.
Umubiri
ukoze mu buryo buri muntu aba abasha kwiyobora cyangwa akayoborwa n’imikorere y’umubiri
we ku buryo ntawe uba uhuye na mugenzi we. Mu gihe ubona hari impinduka nini mu
mubiri wawe, ukabona uri kwihagarika incuro nyinshi kurenza izo twavuze
haruguru cyangwa nke cyane, ugirwa inama yo kujya kwa muganga kugira ngo
umenye ikibazo ufite.
Ikinyamakuru
Realealthgist gitangaza ko umuntu aba agomba kurya cyane imbuto zirimo;
Watermelon ndetse na Orange kugira ngo ubuzima bukomeza bumere neza n’incuro
wihagarika ku munsi ziyongere. Ikindi ni ukunywa amazi menshi ahagije hagati ya Litiro 2-3.
TANGA IGITECYEREZO