RFL
Kigali

Ibyishimo by’umugabo wabonye umugore we atwite nyuma y’igihe umuryango we umusaba umwana

Yanditswe na: Kwizera jean de Dieu
Taliki:27/01/2023 16:09
0


Inkuru y’urukundo rwa Joan Otieno ifite amasomo menshi uhereye igihe batangiriye gukundana kugeza igihe umugore we watwitiye, imiryango yabo yarabanze.



Uyu mugabo yatangiye agira ati: ”Amazina yanjye nitwa Joan Otieno nkomoka mu gace ka Kisumu, natangiye gukundana n’umukunzi wanjye igihe nigaga muri kaminuza ariko nawe ariho yiga. Nyuma twaje kurangiza amashuri yacu, turakomeza turakundana kugeza imyaka ine ishize, ubundi dufata umwanzuro wo kubyereka ababyeyi.

Twafashe itariki, twambikana impeta, ababyeyi bacu babijyamo ndetse birangira dukoze ubukwe bwiza cyane bwitabiriwe n’imiryango yacu yombi, mama ndetse ma papa nabo mu muryango w’umugore wanjye bose ndetse n’inshuti zacu.

Nyuma y’imyaka 2 tubana nta mwana turagira, ababyeyi bacu batangiye kudushyiraho igitutu badusaba umwana kungufu. Umuryango wanjye wambwiraga ko umwana ari byo byishimo by’umuryango ariko nkabura aho mpera nemera cyangwa mpakana kuko namwe murabizi ntabwo umwana ari njye wari bumuzane kuko ni impano y’Imana.

Njye n’umugore wanjye twakoze iyo bwabaga kugira ngo tubyare umwana umwe. Twakoresheje inzira zose, twagiye kwa muganga turivuza haba ibya Leta ndetse n’ibyo mu giturage ariko biranga birananirana burundu.

Byageze aho umuryango wanjye wifuza ko dutandukana burundu (Divorce) bavuga ko umugore wanjye ari we kibazo gituma tutabasha kubona umwana.

Njye n’umugore wanjye ntabwo twigeze dutandukana, ahubwo twabimye amatwi dukomeza gukora iyo bwabaga, twakoraga imibonano mpuzabitsina kenshi gashoboka ariko bikananga.

Twagiye kuri Internet ngo dushake amakuru yadufasha kubona umwana biranga. Ibyo nakoze byose byabaye imfabusa, gusa nibuka ko Imana ishobora byose kandi ko ntacyo itakora kugira ngo intabare.

Narasenze cyane, mfata ibihe ndasenga niyiriza ubusa ariko kuko isaha y’Imana ikora, nyuma umugore wanjye waje gutwita, tugiye kwa muganga batubwira ko umwana ameze neza kandi ko ahumeka neza.

Umuryango wanjye waracecetse gusa wemera ko nkunda umugore wanjye kuko ibyo bansabye ntabyo nakoze. 

Iyi nkuru ikorewe guhumuriza abantu bose bafite ibibazo nk’ibi. Niba ufite inkuru itangaje y’ubuzima wanyuzemo, yidusangize natwe tuyisangize inshuti n’abasomyi bacu unyuze kuri info@inyarwanda.com






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND