RFL
Kigali

Abagabo ntabwo bankunda bose barambeshya! Agahinda k’umugore ufite ubumuga uvuga ko yabuze umugabo

Yanditswe na: Kwizera jean de Dieu
Taliki:26/01/2023 18:28
0


Kugira ubumuga ntabwo bivuze ko umuntu adashoboye nta n'ubwo bihindura umuntu igicibwa. Chiwetalu Charity w’imyaka 24 y’amavuko yemeza ko abagabo bose bagerageje kumwegera baba bamwishushanyaho bigatuma abura uwanyawe.



Umukobwa witwa Chiwetalu Charity wiga muri Kaminuza ya Enugu State mu gihugu cya Nigeria, yavuze ingorane ajya ahura nazo mu buzima bwe bwa buri munsi asobanura ko akomerewe no kubura umugabo wa nyawe umukunda by’ukuri.

Yakomeje asobanura ko gahunda ye kuri iyi si ari ukwereka abantu ko hari ubuzima babaho kandi bakanyurwa nabwo.

Charity yavuze ko yavukanye amaguru gusa, akaza kuyabura akuze. Yakomeje avuga ko abantu batandukanye bagiye bamwinubira cyane, abandi bakanga kwemera ko yabayeho nabi ndetse n’abamukunze bakamundira ibyo babaga bashaka muri icyo gihe.

Avuga ko umusore wigeze amubwira ko amukunda, yangaga kumujyana hanze ndetse ntanamusohokane ahubwo akishimira ko bagumana mu nzu gusa.

Akiri umwana muto, nta mitsi yagiraga mu maguru ye kugeza ubwo abaganga bagiriye inama umubyeyi we guca amaguru ye kugira ngo azabashe kubaho.

Yaje kumenya urubuga rwa TikTok, atangira kurukoresha yishimisha anaza gutangiza ikiganiro, abantu bafite ubumuga nkawe bakunda cyane icyo kiganiro kuko abasabira gufatwa nk’abandi aho gutandukanywa.

N’ubwo nta mugabo umwikoza, uyu mukobwa yatangarije BBC ko afite abantu bamuhora hafi kandi ko ari bo nshuti ze magara cyane, akavuga ko kwisanga muri bo ari byo bikomeza kumworohereza ubuzima bigatuma anabakunda cyane.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND