RFL
Kigali

Miss Gasana Darlene witegura kwibaruka yatatse bitangaje umugabo bamaranye umwaka

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:27/11/2022 16:01
0


Gasana Edna Darlene uri mu bagize Komite y'Inama y'Igihugu y'Abagore, wanyuze mu irushanwa ry’ubwiza rya Miss Rwanda akanaba Miss SFB kuri ubu yitwa CBE ishami ryigisha ubucuruzi n’ubukungu rya Kaminuza y’u Rwanda, arishimira umwaka amaranye n’umugabo we bagiye kubyarana imfura yabo.



Mu butumwa yashyize hanze yagize ati: ”Itariki ya 26 Ugushyingo 2021 imyaka irashize dukundana n'umwaka 1 urashize tubana nk’umugore n'umugabo, warakoze kumbera inshuti nyanshuti, umuvandimwe ndetse n’umugabo mwiza, Christian wanjye.”

Ashimangira iby’urukundo umugabo we amukunda agira ati:”Warakoze kunkunda urukundo rutagira
umupaka ku rwego ntajya ndambirwa kukureba ngo nibaze koko niba uba kuri iyi si dutuye, ndashimira Imana yakungabiye ikaturinda muri byose tubiziranyeho ko twabonye imana.”

Ahamya ko iteka ryose azahora akunda umugabo we binjiranye mu mwaka wa 2 babana nyuma y’imyaka 9 bakundana, ati:” Naragukunze mugabo wanjye, ndagukunda kandi nzanagukunda. 

Reka rero dutangirane uy’umwaka wa kabiri w’urushako rwacu mu buryo bwacu mukundwa kuko duhuje byose.”


Kuwa 26 Ugushyingo 2021 ni bwo Gasana Edna Darlene yasezeranye kubana akaramata na Christian. Nk'uko kandi bigaragara mu mafoto bashyize hanze baritegura kwibaruka umwana wabo wa mbere.

Gasana Edna Darlene ari mu bagore batanu batorewe kuyobora Komite y’Inama y’Igihugu y’Abagore mu Mujyi wa Kigali, kuwa 23 Ugushyingo 2021 muri manda y’imyaka 5.Ari mu bagize Komite y'Inama y'Igihugu y'Abagore inshingano yarahiriye mu ntango z'Ukuboza 2021Yashimye umugabo we bamaranye imyaka 9 bakundana n'umwe babana nk'umugabo n'umugoreDarlene yavuze ko iteka azahora akunda Christian bamaranye umwaka biyemeje kubana akaramataAba bombi baritegura kwibaruka imfura yabo






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND