RFL
Kigali

Umugabo ucuruza agataro yicujije nyuma yo kubyara abana 7 akabura ibyo kubaha

Yanditswe na: Kwizera jean de Dieu
Taliki:25/11/2022 11:50
0


Umugabo ucuruza agataro yatangaje ko afite kwicuza kwinshi cyane nyuma yo kubyara abana barindwi akabura icyo kubaha n’ishuri rye ryaramunaniye.



Kwaku Baafi, umaze kumenyera agataro, yahishuye ko iyo aza kumenya ko ubuzima buzamubihira atari kubyara abana barindwi bose. Mu kiganiro yagiranye na Daily Hustle gikorwa na Dj Nayaami, uyu mugabo w’imyaka 45 y’amavuko yasobanuye ko kuba afite abana benshi ari zo ngorane ari guhura nazo mu buzima bwe. Yavuze ko ikibazo cy’amafaranga cyabaye ingume kuri we.

Yavuze ko kurera abana 7 ari ikibazo kuri we ndetse ko no kubishyurira ishuri bimugora na cyane ko nawe amashuri yamunaniye kandi yari afite gahunda yo kwiga akarangiza.

Yagize ati: ”Ntabwo nari nzi ko nindamuka ntarangije amashuri yanjye nanjye ubwanjye bizambera ibibazo gutya, mu minsi yashize ni bwo namenye ko kuba ntararangije ari ikibazo gikomeye kuko ubu mfite abana nta kindi kintu nshobora gukora. Abana banjye iteka mbabwira ko nibatiga batazigera bubahwa.

Ubu ndi kurera abana 7 kandi mbarera mu buzima bubi bw’agataro byose byatewe n’uko ntize. Nabyaye abana benshi kuko nta muntu nari mfite wo kumpa inama. Uwagombaga kumpa inama ntabwo nkimubona ni papa wanjye. Buri wese aba yumva yampa inama kubera ubuzima mbayemo”.

Uyu mugabo yahaye inama urubyiruko, avuga ko rukwiriye kwirinda kubyara abana benshi ahubwo rugatekereza ku kuntu rwakwiyubaka ubwarwo cyane cyane rushaka amafaranga.

Ati:”Kubyara cyane ntabwo bigezweho, ntabwo ari umurimbo wo gutambukana. Inama naha urubyiruko ni rushake uko rwakwiyubaka, rushake akazi rukore. Numara kubona amafaranga ubyare benshi ariko nubabyara nta mafaranga ufite uzahangayika nk’uko meze kugeza ubu”.

Uyu mugabo yabaye indorerwamo nziza kuri bagenzi be kubera ubuzima bubi abayemo.

REBA HANO IKIGANIRO UYU MUGABO YATANZE





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND