RFL
Kigali

Manzi Maurice yasohoye indirimbo nshya, avuga uko yabanje kwitegura gukora umuziki-VIDEO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:28/09/2022 10:57
0


Umuhanzi Manzi Maurice yatangaje ko ubwo yashyiraga hanze indirimbo ye ya mbere, yumvise itameze neza ahitamo kubanza kwiga umuziki mbere y’uko awukora. Abigereranya n’umugani Abanyarwanda baca, bavuga ko ushaka gusimbuka neza abanza gusubira inyuma.



Manzi ni umugabo ufite umugore n’umwana we. Atuye mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Kimironko, mu Kagari ka Kibagabaga.

Yavukiye mu Ntara y’Amajyaruguru mu Karere ka Burera mu Murenge wa Gatebe. Niho yakuriye kugeza ku myaka 14, ubwo yajyaga mu mashuri yisumbuye.

Avuka mu muryango w’abana batanu, ni uwa Gatatu. Yize amashuri kugeza mu cyiciro cya kabiri cya Kaminuza mu Ishami ry’Uburezi mu cyahoze ari KIE i Remera, aho yasoje amasomo ye mu mwaka wa 2015.

Urugendo rwe rw’umuziki, avuga ko rwatangiye cyera, kuko yamenye ubwenge akunda kumva indirimbo z’abahanzi benshi akagerageza kuzigana, hanyuma aza gusanga nawe abasha kuririmba. 

Kuva ubwo atangira kwandika indirimbo ze, ndetse ajya no muri korali zitandukanye aho yigaga.

Indirimbo ye ya mbere yayikoze mu 2013, yiga muri Kaminuza. Yabwiye InyaRwanda ko iyi ndirimbo isohoka yumvise itameze neza ‘mu buryo bw’imyandikire ndetse n’imiririmbire’ afata umwanzuro wo kuba aretse kuririmba.

Uyu muhanzi avuga ko icyo gihe yahise afata ikiruhuko mu muziki, atangira kwiga ibijyanye n’umuziki, nko kuririmba, kwandika indirimbo, kuyobora amajwi n’ibindi.

Yanafashe umwanzuro wo kujya mu ishuri rya Bibiliya yigamo imyaka itatu, kugira ngo abe umuhanzi w’indirimbo zihimbaza Imana azi Bibiliya kurushaho.

Yize kandi gucuranga piano, gitari akusitike (Acoustic). Manzi ati “Ibyo byose nabifatanyaga n'amashuri yanjye asanzwe. Nyuma rero nibwo naje kugaruka mu mwaka wa 2018 aho nasohoye indirimbo yanjye ya mbere, yitwa ‘Amaraso yawe’, nkomeza n'izindi zitandukanye ubu nkaba ngejeje indirimbo esheshatu (6).”

Manzi avuga ko ari we muhanzi wenyine mu muryango mugari w'iwabo. Ati “N'iyo babonye indirimbo zanjye buri gihe baratungurwa.”

Uyu muhanzi aherutse gusohora amashusho y’indirimbo ye yise ‘Isoko y’amahoro’. Ni indirimbo avuga ko ivuze byinshi kuri we kuko ‘n’uburyo nayikoze butandukanye n’ubwo nakoreshaga’.

Akomeza ati “Ikubiyemo ubutumwa bumenyesha abantu ko amahoro dukeneye akomoka muri Kristo, gusa kuko ibindi byose ni iby'igihe gito, rero mu buryo buziguye nabwiraga abataramwakira ko bakwiriye kumwakira nk'umwami n'umukiza w'ubuzima bwabo.”

Manzi Maurice avuga ko intego ze mu muziki ari ukugeza ubutumwa bwiza ku bantu benshi bashoboka mu Rwanda, ndetse no hanze yaho binyuze mu muziki akora.

Ati “Kuko icyo nshyize imbere ni uko imitima y'abantu benshi ikira ibyaha, ndetse n'ibikomere biterwa nabyo.” 

Manzi Maurice yashyize ahagaragara amashusho y’indirimbo ye nshya yise ‘Isoko y’amahoro’ 

Manzi yavuze ko yabanje kwiga umuziki kuko yashakaga kuwukora mu buryo bw’umwuga 

Manzi avuga ko ashaka kwamamaza ingoma y’Imana mu Rwanda no mu mahanga

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘ISOKO Y’AMAHORO’

 ">

KANDA HANO UREBEINDIRIMBO YA MBERE MANZI MAURICE YASOHOYE

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND