RFL
Kigali

A$AP Rocky umukunzi wa Rihanna akurikiranyweho kurasa uwahoze ari inshuti ye A$AP Relli

Yanditswe na: Nadia Kangabe
Taliki:16/08/2022 8:27
0


Umuraperi A$AP Rocky umukunzi wa Rihanna banaherutse kwibarukana umwana w'umuhungu, akurikiranyweho icyaha cyo kurasa A$AP Relli wahoze ari inshuti ye.



Rakim Mayers wamamaye ku izina rya A$AP Rocky akoresha mu muziki uri mu baraperi bakunzwe muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, kuri ubu akurikiranyweho icyaha cyo kurasa umuraperi A$AP Relli wahoze ari inshuti ye banabanaga mu itsinda rya A$AP Mob rihuriyemo abaraperi batandukanye.

People Magazine yatangaje ko A$AP Rocky akurikiranyweho icyaha cyo gukubita no kurasa A$AP Relli wahoze ari inshuti ye, ibi akaba yarabikoze mu kwezi ku Gushyingo mu mwaka ushize wa 2021. Umushinjacyaha w'akarere ka Los Angeles, George Gascón, yatangaje ibirego A$AP Rocky aregwa birimo ibyaha bibiri byo gukubita A$AP Relli no kumurasa akamukomeretsa.

Gascón yagize ati: "Kurasa imbunda ahantu hahurira abantu benshi ni icyaha gikomeye cyashoboraga kurangizwa n'ingaruka zibabaje atari ku muntu wibasiwe gusa ahubwo no ku bantu b'inzirakarengane basuye Hollywood".

Umushinjacyaha Gascon yakomeje agira ati: "Ibiro byanjye byakoze isuzuma ryimbitse ku bimenyetso biri muri uru rubanza maze nemeza ko byemewe ko hongerwaho ibirego bidasanzwe by’imbunda." Urubanza rwe ruteganijwe ku wa Gatatu.

A$AP Rocky umukunzi wa Rihanna akurikiranyweho kurasa uwahoze ari inshuti ye.

Abahagarariye Rocky ntabwo baragira icyo batangaza ku birego uyu muraperi aregwa. Ibi bibaye nyuma yaho A$AP Rocky mbere yafatiwe ku kibuga cy'indege mpuzamahanga cya Los Angeles nyuma yo kugera mu ndege yihariye yavuye i Barbados ari kumwe na Rihanna ku ya 20 Mata, hasigaye ibyumweru bike ngo umuhungu wabo avuke. Nyuma yaje kurekurwa nyuma yo kohereza amadolari 550.000.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND