RFL
Kigali

Uburezi bw'abakobwa bugiye kongera guhabwa agaciro kuva abataribani bafata ubuyobozi

Yanditswe na: Olivier Iradukunda
Taliki:30/06/2022 16:16
0


Nibura buri wese mu bitabiriye igiterane cyateguwe n’abatalibani n’abayobozi b’amadini n’amoko bagera ku 3.000 baturutse hirya no hino muri Afuganisitani, bashyigikiye ko amashuri yisumbuye y’abakobwa yakongera gufungura.



Nibwo bwa mbere igiterane nk'iki kibaye, kuva umutwe wa kisilamu wakigarurira igihugu muri Kanama. Muri Werurwe, nibwo abatalibani bagarutse ku itangazo ryabo rivuga ko amashuri yisumbuye azafungura, ariko ku bakobwa bavuga ko azakomeza gufungwa kugeza igihe hazashyirwaho gahunda ikurikije amategeko ya kisilamu kugira ngo bafungure.

Iyi gahunda yababaje abana b’abataribani ndetse n’imiryango myinshi yo mw’isi n’abadiporomate.  Mu magambo ye, Sayed Nassrullah Waizi ukomoka mu ntara ya Bamiyan rwagati, yagize ati: "Baziga kandi bazababera  abayobozi beza abazabakomokaho."

Ntabwo byari byumvikana neza inkunga yatewe kuri iyi myumvire, cyangwa uburyo icyemezo kuri iki kibazo cyatekerejweho. Guverinoma mpuzamahanga, cyane cyane Washington zavuze ko abatalibani bakeneye guhindura inzira y’uburenganzira ku mugore kugira ngo bagabanyirizwe ibihano yafatiwe by’umwihariko ku mabanki.

Afuganisitani iri mu bibazo bikomeye by’ubukungu kubera ko miliyari nyinshi mu bubiko bwa banki nkuru zahagaritswe, kandi ibihano mpuzamahanga byafatiwe urwego rw’amabanki nyuma y’aho abatalibani bigaruriye iki gihugu.

Minisitiri w’intebe w’agateganyo w’iki gihugu mu ijambo yavugiye mu giterane cyabereye mu murwa mukuru Kabul, yavuze ko kigamije gukemura ibibazo no guha imbaraga ubuyobozi buriho.

Mohammad Hasan Akhund yagize ati: "Leta ya kisilamu ya Afuganisitani igerageza gukemura ibibazo byose. Iyi guverinoma yagezweho nyuma y’ibitambo byinshi, tugomba gufatanya kuyishimangira no kuyishimira."


Abataribani bagiye kongera gufungura amashuri y'abakobwa yari yarahagaritswe.


Src: THE GLOBE AND MAIL






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND