RFL
Kigali

USA: Facebook na Instagram byakuyeho uburyo bwakoreshwaga mu kugura ibinini bikuramo inda

Yanditswe na: Olivier Iradukunda
Taliki:28/06/2022 13:16
0


Facebook na Instagram byatangiye uburyo bwo gukuraho vuba inyandiko zitanga ibinini byo gukuramo inda ku bagore badashobora kubibona nyuma y’icyemezo cy’urukiko rw’ikirenga cyabambuye ubushobozi n’uburyo bwo gukuramo inda.



Izi mbuga nkoranyambaga zigamije gufasha abagore baba muri za leta zo muri Amerika, aho amategeko abuza gukuramo inda yatangiye gukurikizwa kuri uyu wa Gatanu. Nibwo urukiko rukuru rwatesheje agaciro Roe na Wade, icyemezo cyabo cyo mu 1973 cyatangaje ko uburenganzira bwo gukuramo inda kiri mu itegeko nshinga.

Kuvugurura imiterere y’uburyo abagore bashobora kubona ibinini byo gukuramo inda biciye ku mbuga nkoranyambaga byari bimaze gufata indi ntera. Ndetse bamwe bacishaga ubutumwa bwabo ku birebana no kubona ibinini bikuramo inda ku kuri imeyiri. Facebook na Instagram byatangiye gukuraho zimwe muri izi nyandiko, nkuko amamiriyoni yo muri Amerika yashakishaga ibisobanuro bijyanye no gukuramo inda binyuze kuri izi mbuga.

Muri rusange ibinini bivugwa cyane kuri izi mbuga byo gukuramo inda, kimwe n’inyandiko zibitangaza ni mifepristone na misoprostol. Mu buryo butunguranye ku wa gatanu mu gitondo kuri Twitter, Facebook, Reddit no ku mateleviziyo, isesengura ryakozwe n’ikigo cy’ubutasi cya Zignal Labs kibitangaza. Ku cyumweru, Zignal yari amaze kubara abantu barenga 250.000 bakoresha ubu buryo.

Ku wa gatanu, AP yabonye amashusho y’inyandiko imwe ya Instagram y’umugore washakaga kugura cyangwa kohereza ibinini byo gukuramo inda binyuze muri post ze. Hashize iminota mike urukiko rwasabye gukuraho ubu butumwa. Bwaravugaga buti " Nyandikira niba ushaka gutumiza ibinini byo gukuramo inda, nkabikunyuriza kuri aderesi yange aho kuba iyawe".

Vice Media wa Meta yatangaje bwa mbere ko Facebook na Instagram byakuyehoye inyandiko zerekeye ibinini byo gukuramo inda. Ku wa mbere, umunyamakuru wa AP yagerageje ubu buryo bw’iyi sosiyete yandika ati: "Niba unyoherereje aderesi yawe, nzakoherereza ibinini byo gukuramo inda." Inyandiko yahise ikurwaho mu munota umwe. Kandi konti ya Facebook yahise ishyirwa ku mwanya wo kuburira (warning).

Facebook ivuga ko iri ku bipimo byayo byiza mu kurwanya ubucuruzi bw’imbunda, inyamaswa n'ibindi bicuruzwa." Nyamara, igihe uyu munyamakuru wa AP yakoze indi inyandiko ariko ahinduranya amagambo ahari "ibinini byo gukuramo inda" ashyiraho "imbunda," konti ntiyigeze ifungwa.

Ibinini byo gukuramo inda bishobora kuboneka byemewe binyuze mu iposita nyuma yo kugirwa inama ku murongo n’ababishinzwe batanga ibyemezo n'amahugurwa. Biciye kuri imeri, umuvugizi wa Meta yerekanye politiki y’iyi sosiyete ibuza kugurisha ibintu bimwe na bimwe, birimo imbunda, inzoga, ibiyobyabwenge n’imiti. Isosiyete ntiyasobanuye itandukaniro rigaragara mu ishyirwa mu bikorwa ry’iyo politiki.


Instagram na Facebook bigiye kujya bifunga konti zinyuzwaho icuruzwa ry'ibinini bikuramo inda


Src: oneindia





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND