Umuherwe w’umunyemari utunze amamiliyari atari make aratangaza ko agiye kwinjira mu bihombo. Ibi bikazamuteza kubura amafaranga menshi kubera inganda nshya ari kubaka no gushyiramo amafaranga mu gihugu cy’Ubudage.
Ishyirwaho rya za guma mu rugo kubera Covid-19 mu gihugu
cy’Ubushinwa muri uyu mwaka, harimo no muri Shanghai, aho uyu muherwe afite
uruganda runini rwa Tesla, byatumye uruganda rwe rukora mu buryo bugoranye.
Mu byumweru bishize Bwana Musk yagiye atanga umuburo
wo kugabanya akazi muri iki kigo. Ibi bikaba bishobora guteza ibura ry’akazi
muri uru ruganda rukorerwamo n’abatari bake. Bwana Musk, umuyobozi mukuru w'iki
kigo gishinzwe amashanyarazi, yagize ati: "Inganda zombi ziri Berlin na
Austin ni nk’itanura rinini riri gutwikirwamo amafaranga.”
Mu kiganiro nyiri Tesla yagiranye na bo mu
kibaya cya Silicon, uyu muherwe ufite sosiyete izwi cyane yavuze ko aribyo koko
amamiliyari menshi yagakwiye kuba ashorwa mu buhinzi ndetse n’umusaruro wabwo. Ariko
biracyagoranye cyane kuko amafaranga ari gushorwa mu bindi bidafite aho
bihuriye n’ubwo buhinzi.
Bwana Musk yavuze ko izo nganda bita gigafactors
bigoye ko zahangana n’umusaruro kuva zafungura mu ntangiriro z'uyu mwaka. Urubuga
rwa Tesla muri Austin kuri ubu ruri gukora imodoka nto kandi nke. Kubera ko bimwe
mu bikoresho bya bateri zayo byafatiriwe ku cyambu cy'Ubushinwa nta muntu n'umwe wemerewe kuzihakura.
Bwana Musk yagize ati: "Ibi byose bigiye
gukosorwa vuba ariko bisaba kwitabwaho cyane." Ikiganiro Musk yakigize mu
mpera z’ukwezi gushize ariko iki gice cy’ikiganiro cyashyizwe ahagaragara kuri
uyu wa Gatatu.
Abayobozi bo mu Bushinwa bafunze imigi myinshi mu
ntangiriro z'uyu mwaka kugira ngo indwara ya Covid-19 igabanuke. Hashyizweho
ibihano bikaze ku kugenda kw'abantu n'ibikoresho birimo n’ibijyanye n’imari,
inganda n’ubwikorezi muri Shanghai. Ihagarikwa rya Shanghai rigoye cyane Tesla,
bivugwa ko yahagaritse umusaruro mwinshi kuri izi ngandamuri iki gihe.
Bitaganyijwe ko izi nganda zizafunga mu byumweru
bibiri by’ukwezi gutaha kugirango kugira ngohazamurwe imirimo yo kuzitunganya
nkuko ibiro ntaramakuru Reuters bibitangaza. Raporo ivuga ko ibi bigamije
kuzamura umusaruro w’uruganda, rukarushaho kugera ku ntego y’uruganda yo gukora
imodoka 22.000 byibuze buri cyumweru.
Kuri iki cyumweru, Bwana Musk yavuze ko Tesla
iteganya kugabanya abakozi 3,5% ku bakozi bayo ku isi nyuma yo kuvuga ko afite
imyumvire mibi ku bijyanye n'ubukungu. Hagati aho, uruganda rukora amamodoka mu
Budage BMW rwatangaje ku wa kane ko rwatangiye kubyazwa umusaruro ku kigo
cyarwo gishya cya miliyari 2.2 z'amadorari £1.8bn mu mujyi wa Shenyang
uherereye mu majyaruguru y'uburasirazuba bw'Ubushinwa.
Uruganda rwa Tesla mu Bushinwa ruri guteza igihombo kinini
Inganda nshya ziri kubakwa ziri gutwara akayabo k'amadorali
Kubera ibura ry'ibikoresho, Tesla iri gukora imodoka nto gusa
Src: The Moonlighters
TANGA IGITECYEREZO