RFL
Kigali

Afuganisitani: 255 bapfuye abandi 500 barakomereka mu mutingito wari ufite ubukana bwa 6.1

Yanditswe na: Olivier Iradukunda
Taliki:22/06/2022 9:39
0


Kuri uyu wa Gatatu tariki 22 Kamena, ibiro ntaramakuru bya Leta ya Afuganisitani (AP) byavuze ko abantu 255 bahitanywe n'umutingito wibasiye intara ya Paktika y'Iburasirazuba bwa KABUL muri Afuganisitani.



Ibiro ntaramakuru bya Bakhtar bishinzwe amakuru ni byo byatangaje ko kuri uyu wa Gatatu abantu bahitanywe n’iyi mpanuka babonye abatabazi bahageze bitwaje indege ya kajugujugu. Umuyobozi mukuru w'ikigo cy'amakuru, Abdul Wahid Rayan, yanditse ku rubuga rwa Twitter ko amazu 90 yasenyutse muri Paktika kandi abantu benshi ubu bari mu matongo.

Amakuru yakomeje kuba make kubera uburebure bw’aho uyu mutingito wibasiye nko mu ntara ya Paktika. Ibi bije mu gihe umuryango mpuzamahanga wavuye muri Afuganisitani nyuma y’aho Abatalibani bigaruriye iki gihugu umwaka ushize mu kugabanya akajagari, hakanavanywamo ingabo z’Amerika mu ntambara yari imaze igihe kirekire mu mateka yayo.

Birashoboka iki kibazo kigiye kugora leta y’Abataribani muri iki gihugu gituwe na miliyoni 38. Amashusho yaturutse mu ntara ya Paktika hafi y’umupaka wa Pakisitani yerekanaga abagizweho ingaruka bajyanwa muri kajugujugu kugira ngo bajyanwe mu gace kahegereye gatekanye. Amashusho yakwirakwiye kuri interineti avuye muri iyi ntara yerekanaga amazu  yasenyutse cyane, abaturage batoragura amatafari n’ibindi bikoresho.

Ku rubuga rwa Twitter, Bilal Karimi, umuvugizi wungirije wa guverinoma y'Abatalibani, yanditse ku rubuga rwa Twitter ati: "Umutingito ukomeye wibasiye uturere tune two mu ntara ya Paktika, uhitana kandi ukomeretsa abaturage bacu babarirwa mu magana ndetse unasenya amazu menshi. Turasaba inzego zose zitanga imfashanyo kubwohereza muri ako karere kugira ngo badahura n’andi makuba."

Ishami ry’iteganyagihe ry’abaturanyi rya Pakisitani ryashyize uyu umutingito ku gipimo cya 6.1. Uyu  mutingito kandi wagaragaye mu murwa mukuru wa Pakisitani, Islamabad, n'ahandi mu ntara ya Punjab. Ikigo cy’Uburayi gishinwe ibiza, EMSC, cyatangaje ko umutingito wibasiye ibirometero birenga 310 n’abantu miliyoni 119 hirya no hino muri Afuganisitani, Pakisitani n’Ubuhinde.


Kajugujugu ni zo zitabajwe mu gutabara ubuzima bwa bamwe


Src: THE TIMES OF ISRAEL






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND