RFL
Kigali

Mu Buyapani: Urukiko rwemeje itegeko ribuza gushyingiranwa ku bahuje ibitsina

Yanditswe na: Olivier Iradukunda
Taliki:20/06/2022 18:25
0


Urukiko rw'Ubuyapani, rwemeje ko itegeko ryo gushyingiranwa kw'abahuje ibitsina muri iki gihugu rihagarikwa. Babitangaje Bavuga ko biba mu buryo budakwiye kandi ko byemeje iryo tegeko rishyigikiwe n’abatari bake.



Kuri uyu wa mbere, urukiko rw’ibanze rwa Osaka rwanze kandi ibirego bagejejweho ku guhagarikwa kw’iri tegeko muri iki igihugu.  Abashakanye bahuje ibitsina muri iki gihugu binyuranyije n’itegeko nshinga ry’Ubuyapani, kandi ntiryemera ibirego by’abashakana ari batatu mu nzu imwe.

Urukiko rwa Osaka rwemeje ko gushyingiranwa byemewe ku babana batandukanye ibitsina. Yavuze ko kandi nta mpaka zakagombye kubaho zishingiye ku gushyingiranwa kw'abahuje ibitsina, kuko bidakwiye mu muryango w'Abayapani.

Abashakanye batatu harimo abahuje igitsina, abagabo babiri n’umugore umwe, bari baregeye uru rukiko rwo mu karere ka Osaka. Urukiko rwanze icyifuzo cyabo n’ubwo cyari kwishyurwa agera kuri miliyoni 1yen, hafi miiyoni 7.5 by’amafaranga y’u Rwanda. Izi miliyoni zari gutangwa kuri buri mugabo n'umugore.

Gusa abashakanye bashobora gufatanya imitungo imwe kandi bafite uburenganzira bwo kujyana ku bitaro kubera ibyemezo by’ubuzima, ku bufatanye n’imiryango imwe n’imwe yo muri iki gihugu. Ariko aba ntibahabwa uburenganzira bwuzuye bwemewe bungana n’ubwabashakanye badahuje igitsina.

Iri tangazo rikuraho icyemezo cyafashwe umwaka ushize n’urukiko rwa Sapporo, rwemeje ko kutemera ko ababana bahuje ibitsina bashyingiranwa binyuranyije n’amategeko. Urukiko rwemeje ko kutemera ko ababana bahuje ibitsina bashyingiranwa bibangamira uburenganzira bw’uburinganire.

Ni nyuma y’uko ababana bahuje ibitsina bagera kuri 13 bari batanze ikirego ku munsi w’abakundana muri 2019, bashaka guhatira leta kwemera iri tegeko ry’ababana bahuje ibitsina.


Src: CBS NEWS





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND