RFL
Kigali

Snapchat igiye gutangiza uburyo bwo kuyikoresha wishyuye bita Snapchat Plus

Yanditswe na: Olivier Iradukunda
Taliki:17/06/2022 15:18
3


Abafatabuguzi ba Snapchat Plus bazashobora guhuza inshuti hejuru y'urutonde rwabo, bazashobora gukoresha amashusho yihariye, berekane 'Badge' idasanzwe ku mwirondoro wabo.



Porogaramu nyinshi zirimo guhindura imiterere y’ubucuruzi binyuze mu kwiyandikisha kw’abazikoresha babyifuza. Snapchat irateganya kumenyekanisha ubu buryo bise "Snapchat Plus" ku bakoresha uru rubuga. Iyi serivisi izatanga uburyo bwihariye ku bayikoresha, nk'uko byatangajwe na Google 9to5. Ibi byatangajwe bwa mbere n’umwe mu baremye akaba n’umushakashatsi, Alessandro Paluzzi.

Inyungu zizagera ku bazayikoresha bishyuye

Ikigaragara ni uko Snap yemeye ku mugaragaro ko iyi sosiyete yagerageje iyi gahunda na mbere. Iyi gahunda biteganijwe ko igomba gutanga uburyo bwihariye bwo kuyikoresha no kubona hakiri kare andi makuru ayerekeyeho kurusha abandi. Nkuko byatangajwe kumugaragaro na Alessandro Paluzzi.

Paluzzi aravuga ati "Turimo gukora igeragezwa ryimbitse rya Snapchat Plus, serivisi nshya yo kwiyandikisha kuri Snapchatters (Abakoresha Snapchat). Twishimiye kandi ubushobozi bwo gusangira ijambo n’abafatabuguzi bacu ibintu byihariye, amasuzuma, kandi bakagezwaho impiduka mbere yo kubigeza ku bandi kandi tukamenya byinshi ku buryo dushobora gukorera neza umuryango wacu.

Iyi sosiyete ntiyatangaje amakuru menshi yerekeye ibintu byihariye kuri Snapchat Plus. Gusa biteganijwe ko abafatabuguzi ba Snapchat Plus bazajya babona uburyo bwo korohereza abayikoresha gushyira mu byiciro uko babyifuza. Bazashobora kandi kubona amashusho yihariye atagera ku batarishyuye.

Ikindi kandi kidasazwe kuri Snapchat Plus ni uko bazajya baha ikirango umuntu wishyuye (badge) yiyongera ku mwirondoro wabo. Bazashobora kandi kubona inshuro umuntu yarebye inkuru cyangwa ubutumwa bugufi bwawe abusubiramo.

Hari amashusho make Paluzzi yasangiye n’abamukurikira, yerekana ko serivisi yo kwiyandikisha izagura amayero 4.59 buri kwezi (hafi ibihumbi 5 by’amafaranga y’u Rwanda).

Abafatabuguzi kandi bazabona uburyo bwo kugabanyirizwa bashingiye kuri gahunda bihitiyemo. Haba igice cy’umwaka cyangwa umwaka. Kubera ko Snap itigeze yemeza kimwe muri byo, birashoboka ko iyi mibare ishobora guhinduka.


Snapchat igiye guha ibirenze abazayikoresha bishyuye






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • uwimpuhwejovitha@gmail.com1 month ago
    Ese
  • uwimpuhwejovitha@gmail.com1 month ago
    Ese nakuwajyaho utishyuye
  • Uwineza Vanessa1 month ago
    Ndaba kunda





Inyarwanda BACKGROUND