RFL
Kigali

Abantu bagera kuri 2 n'abandi benshi bagaragaweho n’icyorezo cya Monkeypox mu Bwongereza no muri Amerika

Yanditswe na: Olivier Iradukunda
Taliki:19/05/2022 16:44
0


Abandi bantu 2 banduye virusi ya Monkeypox mu Bwongereza, mu gihe abo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika nabo batanga raporo zivuga ko iyi ndwara iri kuzamuka cyane muri iki gihugu.



Ikigo gishinzwe gukurikiranira hafi ubuzima mu Bwongereza (UKHSA) cyatangaje ko cyabonye bantu 2 banduye iyi ndwara ikomoka ku  nkende, umwe yagaragaye i Londres naho undi agaragara mu majyepfo y’Uburasirazuba, bityo muri rusange abantu bagera ku icyenda byemejwe ko nabo bashobora kuba bagezweho n'iyi ndwara.

Nk'uko ikinyamakuru Evening standard kibivuga, iyi ndwara iri kugenda yandura bitewe na virusi, ariko ntikunze gukwirakwira mu bantu, usanga ahanini igaragara mu bagabo baryamana bahuje ibitsina. Izi ndwara ntaho zihurira n’igihugu yaba irimo ahubwo abayobozi bemeza ko bishoboka ko yandura aho ariho hose binyuze mu guhura cyane n’umuntu wayanduye.

Dr Susan Hopkins, Umujyanama mukuru w’ubuvuzi muri UKHSA yaravuze ati: “ibi nibyo bibazo dufite kugeza ubu, hamwe na raporo z’abanduye zigaragara mu bindi bihugu byo mu Burayi, zemeza ko duhangayikishijwe cyane n’uko hashobora gukwirakwizwa iyi virusi yaturutse mu nkendeku  baturage bacu.”

Akomeza avuga ko UKHSA yamenye hakiri kare abantu bagaragaweho niyi virusi ariko kugeza ubu kandi bakomeje gukora iperereza ku nkomoko y’iyi ndwara n’izindi bifitanye isano no gukangurira inzobere mu buzima ku byitaho bigakemuka mu gihe cya vuba. ”

Dr Hopkins yavuze ko iki kigo kirushaho  kugira inama abagabo baryamana bahuje ibitsina kumenya no kwirinda “ibisebe bidasanzwe cyangwa ibikomere bidasanzwe ” bigaragara kuri mugenzi we kandi bagahita bitabaza ivuriro ry'ubuzima ribegereye mbere y'imibonano mpuzabitsina ngo harebwe neza ibibazo bafite.

Abashakashatsi bagaragaza ko Monkeypox ikunze gukwirakwizwa n'ingendo zikorwa mu bihugu byo mu burengerazuba bwa Afurika,gusa ikaba  itarigeze isobanurwa neza ko ari indwara yandurira mu mibonano mpuzabitsina, nubwo ishobora kwanduzwa nokwandura mu buryo butoroshye mu gihe cy'imibonano mpuzabitsina.

Iki kigo gikomeza kivuga abo bantu 2 banduye bashya bakaba ntaho bahuriye n’abari bagaragaye ku itariki ya 7, 14 na 16 Gicurasi. Ingamba zihutirwa zirakomeje kugirango hamenyekane uburyo n’aho abagaragaweho n’iyi virusi baheruka babonetse, n’uburyo bashoborakwitabwaho.

Bije mu gihe abayobozi muri leta zunze ubumwe za Amerika batangaje ko iki kibazo cya virusi ituruka ku nkende yagaragaye muri Massachusetts ku mugabo uherutse gukorera urugendo muri Kanada.

Abashinzwe ibikorwa by’ubuzima muri Amerika barimo kuvugana na bagenzi babo mu Bwongereza mu rwego rwo gushakira hamwe igisubizo. Kuri ubu, nta makuru ahari ku birebana n’ahahurira abarwayi bo muri Massachusetts n’abarwayi bo mu Bwongereza, nk'uko Jennifer McQuiston wo mu bigo by’Amerika bishinzwe ubuzima no kurwanya no gukumira indwara (CDC) abivuga.

Yongeyeho ko uyu mugabo ari mu bitaro kandi ameze neza nta kibazo gikomeye afite. Monkeypox mu busanzwe itangira igaragazwa n’uburwayi busa nibicurane n’utubyimba ku mubiri, bigakurikirwa no kuzana uduheri mu maso zo ku mubiri.

Ishami ry'Umuryango w'Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) rivuga ko ku bantu benshi ari indwara yoroheje, gusa iyo yagufashe bifata igihe kugira ngo ukire, nk'uko babivuga iyi ndwara yica ku mpuzandengo y’abantu icumi kw’ijana (10%).






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND