RFL
Kigali

Pierre-Emerick Aubameyang yasezeye mu ikipe y’igihugu ya Gabon mu buryo butunguranye

Yanditswe na: ISHIMWE Olivier Ba
Taliki:19/05/2022 10:32
1


Pierre-Emerick Aubameyang wari umaze imyaka isaga 13 akinira ikipe y’igihugu ya Gabon, kuri uyu wa gatatu yatangaje ko asezeye muri iyi kipe ahubwo agiye kwita kuri FC Barcelona asanzwe akinira.



Pierre-Emerick Aubameyang yabaye kapiteni wa Gabon igihe kitari gito, ndetse aba umukinnyi w’ikitegererezo muri iki gihugu.

“Nyuma y’imyaka isaga 13 nzamura ibendera ry’igihugu cyanyibarutse, ndagira ngo mbamenyeshe ko urugendo rwanjye nk’umukinnyi mu ikipe y’igihugu rugeze ku iherezo.” Pierre-Emerick Aubameyang yabinyujije mu rwandiko yageneye abafana.

Aubameyang ntabwo azongera gukinira Gabon 

“Mboneyeho gushimira abaturage ba Gabon, ndetse n’abandi bantu bose bambaye hafi mu bihe byiza n’ibibi nanyuzemo. Sinzibagirwa ibihe byiza nagize nk’igihe nakiniraga Gabon bwa mbere, ndetse n’igihe nazaga mu rugo mfite igihembo cy’umukinnyi mwiza muri Afurika.

Ndashimira perezida w’igihugu, Ali Bongo Ondimba uburyo yadushyigikiye ndetse akanarwanira ishema ry’umupira w’amaguru muri iki gihugu. Ndashimira kandi abatoza bose nanyuze mu biganza, abakinnyi twakinanye mu gihe cyose nari mu ikipe y’igihugu. Bwa nyuma ndashimira papa wanteye inyota yo gukora nkawe, nanjye nkabirwanira kugira ngo nzamushimishe.”

Aubameyang yari mu bakinnyi bagombaga gukinira Gabon mu mikino y’igikombe cya Afurika cyabereye muri Cameroun, ariko akaza gusubizwa mur ugo kubera Covid-19. Mu myaka 13 uyu mukinnyi w’imyaka 32 yari amaze mu ikipe y’igihugu, yayikiniye imikino 72 atsindamo ibitego 30, ubu akaba yiyemeje guha imbaraga ze zose ikipe ya FC Barcelona aherutse kujyamo avuye muri Arsenal.

Yashimiye abakinnyi bose babanye


Imbaraga zose agiye kuziha Barcelona





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Manzi davie1 year ago
    Hello,guys rwanda did not quarify for world cup in Qatar but we have same one whn will represent us salima mukansanga you have made us proud





Inyarwanda BACKGROUND