RFL
Kigali

Cricket: Zonic Tigers yegukanye igikombe cya shampiyona mu bagabo - AMAFOTO

Yanditswe na: SAFARI Garcon
Taliki:16/05/2022 11:06
0


Kuri iki cyumweru tariki ya 15 Gicurasi 2022, nibwo hasozwaga shampiyona y’umukino wa Cricket mu bagabo hakinwa imikino ya nyuma (Final), haba mu cyiciro cya mbere ndetse n’icyiciro cya kabiri, iyi shampiyona yagaragaje iterambere ry’uyu mukino cyane cyane mu bakiri bato kuko aribo bahize abandi.



Shampiyona y’uyu mwaka yabanjwe gukomwa mu nkokora na Covid-19 yasojwe ikipe ya Zonic Tigers yiganjemo abasore bakiri bato yegukanye igikombe cyo mu cyiciro cya mbere ihigitse Kigali Cricket Club, naho IPRC-KIGALI CC yegukana igikombe mu cyiciro cya kabiri itsinze RIGHT GUARDS CC.

Uko imikino yagenze

Mu cyiciro cya mbere:

ZonicTigers Cricket Club yatsinze Kigali Cricket Club

Zonic Tigers CC niyo yatsinze toss maze ihitamo kubanza ku batting maze ishyiraho amanota 217 havuyemo abantu 4 (4 wickets).

Kigali Cricket Club ntiyabashije gukuraho agahigo kari kashyizweho na Zonic kuko bashyizeho amanota 112 gusa, ndetse Zonic ikaba yakuyemo abakinnyi bose ba Kigali Cricket Club (10 All out Wickets)

ZonicTigers CC ikaba yatsinze ku cyinyuranyo cy’amanota arenga 100.

Asaba Bryan wa Zonic niwe wabaye umukinnyi mwiza w’umukino akaba yanashyizeho amanota 120 mu dupira 60 yakinnye.

Mu cyiciro cya kabiri:

IPRC-KIGALI CC yatsinze RIGHT GUARDS CC

IPRC KIGALI niyo yatsinze Toss maze ihitamo kubanza ku batting, maze ishyiraho amanota 153 havuyemo abantu 3 (3 Wickets).

Igice cya kabiri cyatangiye RightGuards CC isabwa amanota 154 kugirango ibe itsinze uyu mukino, ntibyigeze biyorohera kuko yashyizeho amanota 134 havuyemo abantu 6, ihita inatakaza umukino ityo.

IPRC-Kigali CC ikaba yatsinze kucyinyuranyo cyamanota 19. Muri uyu mukino Oscar Manishimwe wa IPRC Kigali niwe wabaye umukinnyi mwiza wumukino akaba yatsinze amanota 55 mu dupira 62 yakinnye.

Nyuma yo gutanga ibikombe n’ibihembo ku bakinnyi bahize abandi, perezida w’Ishyirahamwe ry’umukino wa Cricket mu Rwanda, Stephen MUSAALE yavuze ko yishimiye uko irushanwa ryagenze ndetse abona ejo heza ha Cricket nyarwanda.

Yagize ati”Iyi niyo shampiyona itangira umwaka nubwo twayitangiye dusa naho dutinze kubera Covid-19, ariko yagenze neza, urabona ko abana bato aribo baganje abantu bakuru, amakipe ya Zonic na IPRC arimo abana bato bari hagati y’imyaka 18 nibo begukanye ibikombe, ibi biratwereka ko ejo ha Cricket mu Rwanda ari heza cyane, nicyo kintu cy’ingenzi tubonye muri iyi shampiyona, Cricket y’ejo izaba iryoshye inakaze”.

Ku wa Gatandatu w’iki cyumweru twatangiye, ku kibuga mpuzamahanga cya Gahanga hazabera umukino wa nyuma mu cyiciro cya  mbere mu bakobwa, ndetse kandi hakaba hari gutegurwa irushanwa ryo kwibuka rizatangira mu gihe kiri imbere.

Kuri Stade ya Gahanga yasorejwe shampiyona y'icyiciro cya mbere n'icya kabiri mu bagabo

Zonic Tigers yegukanye igikombe cya shampiyona ihigitse Kigali Cricket Club

Imikino yari yitabiriwe n'abafana batandukanye

Abakinnyi 10 ba Kigali Cricket club basohowe mu kibuga (10 Wickets)

IPRC-Kigali yegukanye igikombe cya shampiyona y'icyiciro cya kabiri






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND