Umutoza wa Kiyovu Sports, Haringingo Francis yavuze ko agiye kwitabaza inkiko akarega umunyamakuru watangaje ko yafunzwe azira kurya miliyoni 6 za ruswa yahawe na APR FC kugira ngo azitsindishe ku wa Gatandatu mu mukino wa shampiyona bazahuramo.
Ku
mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 11 Gicurasi 2022, hakwirakwiye amakuru
avuga ko umutoza mukuru wa Kiyovu Sports, Haringingo Francis yatawe muri yombi
n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaga, RIB, kubera gufatirwa mu cyuho ari
kwakira ruswa.
Aya
makuru yavugaga ko ikipe ya APR FC ishobora kuba ari yo yaba yahaye uyu mutoza
amafaranga angana na miliyoni 6 Frw, imvano y’aya mafaranga kwari ukugira ngo
uyu mutoza azitsindishe mu mukino wa shampiyona wo kwishyura uteganyijwe ku wa
Gatandatu tariki 14 uku kwezi, umukino watuma APR FC yegukana igikombe cya
shampiyona cy’uyu mwaka.
Nyuma
yo kubona amakuru akomeje gucicikana Haringingo yatangaje ko agiye kwiyambaza
inkiko akarega umunyamakuru watangaje izo nkuru z’ibihuha.
Ati”
Ndagana inkiko,ndamurega rwose, abantu barimo barampamagara bambaza niba
nfunzwe ngo kubera 6m za ruswa nahawe na APR FC, Abanyamakuru mumaze kurenga
umurongo! ibi ni ugusebya umuntu mind game zibaho ariko ibi birakabije”.
Ubuyobozi
bwa Kiyovu Sports nabwo bwasohoye itangazo rivuga ko amakuru akomeje kuvugwa ku
mutoza wabo Haringingo atariyo ari ibinyoma bemeza ko umutoza wabo ari mu kazi
ndetse akomeje kwitegura umukino wa APR FC.
Kiyovu
Sports ikomeje kwitegura umukino w’umunsi wa 27 wa shampiyona y’u Rwanda izahuramo
na APR FC ku wa Gatandatu tariki ya 14 Gicurasi 2022.
Mbere
yo guhura hagati yabo, ikipe ya APR FC iri ku mwanya wa Mbere n’amanota 60, mu
gihe Kiyovu Sports ya Kabiri ifite amanota 57.
Haringingo yiyemeje kurega uwamuharabitse ko afunzwe azira ruswa
TANGA IGITECYEREZO