Ikipe ya Kiyovu Sport yamaganye amakuru avuga ko umutoza mukuru w’iyi kipe, Haringingo Francis yatawe muri yombi azira gufatanwa ruswa, ivuga ko abakwirakwije ibi bihuha ari abashaka kubatesha umurongo kuko ari mu kazi kandi bakomeje kwitegura umukino wa APR FC.
Ku mugoroba
wo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 11 Gicurasi 2022, hakwirakwiye amakuru avuga ko
umutoza mukuru wa Kiyovu Sports, Haringingo Francis yatawe muri yombi n’Urwego
rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaga, RIB, kubera gufatirwa mu cyuho ari kwakira ruswa.
Aya
makuru yavugaga ko ikipe ya APR FC ishobora kuba ari yo yaba yahaye uyu mutoza
amafaranga angana na miliyoni 6 Frw, imvano y’aya mafaranga kwari ukugira ngo
uyu mutoza azitsindishe mu mukino wa shampiyona wo kwishyura uteganyijwe ku wa
Gatandatu tariki 14 uku kwezi, umukino watuma APR FC yegukana igikombe cya
shampiyona cy’uyu mwaka.
Mu
kiganiro INYARWANDA yagiranye n’umunyamabanga w’iyi kipe, Munyengabe Omar,
yahakanye yivuye inyuma aya makuru avuga ko ari ibihuha bigamije kubatesha
umurongo.
Yagize
ati”Ayo makuru ni ibihuha bigamije kudutesha umurongo, umutoza ari mu kazi nta
kibazo afite ari gutegura ikipe ku mukino dufitanye na APR FC.
Nonese
hari urwego na rumwe byibura rwigeze rutangaza ayo makuru, ni ibihuha gusa
bavuge ibyo bashaka intego yacu turayizi kandi nta kuyitezukaho”.
Uyu
muyobozi yavuze ko ikibaraje ishinga ari umukino wa shampiyona bazakina na APR
FC ku wa gatandatu tariki ya 14 Gicurasi, kandi biteguye kwitwara neza.
Munyengabe
yavuze ko ikipe imeze neza nta mukinnyi ufite imvune bose biteguye guhangana na
APR FC, asaba abafana gukomeza kuba inyuma y’ikipe.
Mbere
yo guhura hagati yabo, ikipe ya APR FC iri ku mwanya wa Mbere n’amanota 60, mu
gihe Kiyovu Sports ya Kabiri ifite amanota 57.
Haringingo Francis utoza Kiyovu byavugwaga ko yafunzwe azira kwakira indonke
TANGA IGITECYEREZO