RFL
Kigali

Dore ibibazo wakwibaza mu gihe ushaka kuba umwarimu

Yanditswe na: Kwizera jean de Dieu
Taliki:10/05/2022 18:41
0


Ese ujya wumva waba mwarimu ? Muri iyi nkuru uramenyeramo ibibazo ukwiriye kubanza kwibaza, mbere yo gufata umwanzuro.



Mu bantu benshi bifuza kuba abarezi abenshi baba bashaka amafaranga, cyangwa se bashaka guhindura imibereho bitewe n’impamvu runaka. Umwuga wo kwigisha ugira ibyiza ariko ukagira n’ibibi byawo, bitewe n’icyo bifuza mu buzima bwibanze. Ese hari imyaka simusiga umuntu agomba kuba yujuje kugira ngo abe mwarimu?

DORE IBIBAZO UKWIRIYE KUBANZA KWIBAZA.

1. Ese mfite imyaka myinshi yo kuba naba mwarimu? Abarezi babimazemo imyaka minshi, cyanga abafite imyaka myinshi nibo barimu beza [Niko byakagenze], kubera ko aba afite byinshi byo gutanga no gusangira n’abanyeshuri bitewe n’ikigero cy’imyaka afite.

Reka tugaruke kuri iki kibazo: Ese cyera ucyiga abarimu bakwigishaga bari abasaza cyangwa abakecuru gusa? Ndizera ko igisubizo cyawe kiraba Oya! Nibyo koko, kwigishwa n’abarimu bari mu bigero bitandukanye ni byiza cyane, kuba mwarimu yaba afite imyaka myinshi cyangwa mike ntabwo ari ikibazo kandi nta n’aho bihuriye. Ntuzagire ikibazo cy’imyaka, gusa na none uzatekereze ku bushobozi ufite mu kigero cy’imyaka iyo ariyo yose ufite.

Leta y’u Rwanda yagennye imyaka abantu baba batagomba kurenza kugira ngo babe bahagarara imbere y’abana, kuburyo iyo umuntu runaka ageze muri iyo myaka yoroherezwa agasimburwa ku kazi, umwanya yari arimo ugahabwa undi muntu. Mbere yo gusaba akazi banza urebe niba utarageza mu myaka y’izabukuru.

Ibi byo kureba ku myaka mwarimu agomba kuba afite, bifasha mu kuba wamenya uko ishuri rigomba kwitwara harimo gucunga umutekano w’abana, gutanga amasomo neza nk’uko ateganyijwe ,…

2. Ese ni ibihe byiza n’ibibi byo kuba mwarimu?

Kuba mwarimu ni umuhamagaro ntabwo ari ugushaka amafaranga. Kuba mwarimu ni ukuba ukunda igihugu cyawe no kuba ukunda uburezi muri rusange. Banza umenye impamvu ugiye kuba mwarimu, banza umenye impamvu ushaka kujya kwigisha abana b’igihugu, umenye n’ibyo ugiye kugenda ukurikiye muri uwo mwuga. Banza umenye ko uzahera hasi.

3. Ese kubona akazi bizanyorohera?

Nibyo koko ushaka kujya kuba umurezi, “ese kubona akazi bizanyorohera?” Banza utekereze ku kazi uzakora aho kazava, umenye niba bizakorohera. Aha tubivuze mu nshamake, nawe hari ibindi wakwibaza ukabasha kubibonera ibisubizo mbere yo kujya muri uyu mwuga.

Inkomoko: Klassroom






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND