RFL
Kigali

Bamusambanyije bafata amafoto: Gaël Faye yasohoye filime ishingiye ku bagore bafashwe ku ngufu n’Ingabo z’Abafaransa muri Jenoside

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:24/04/2022 17:56
0


Umuhanzi uba mu Bufaransa ufite inkomoko mu Rwanda, Gaël Faye yashyize ahagaragara filime mbarankuru ivuga ku bagore batatu, bagendana ibikomere bakomora ku Ingabo z’Abafaransa zabafashe ku ngufu mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.



Iyi filime “Le Silence des mots” y’iminota 52’ n’amasegonda 04 yasohotse mu ijoro ry’uyu wa Gatandatu tariki 23 Mata 2022, itambuka bwa mbere kuri Televiziyo ARTE.

Gaël Faye yayikoze afatanyije n’umunyamakuru w’Umufaransa Michael Sztanke, ukorana na RFI (Radio France Internationale).

Ivuga ku mateka y’abagore batatu Concessa Musabyimana, Marie-Jeanne Murekatete na Prisca Mushimiyimana.

Ni abanyarwandakazi batatu ku nshuro ya mbere babashije kuvuga ibyababayeho byose muri Jenoside yakorewe Abatutsi, n’ukuntu bafashwe ku ngufu n'abasirikare b’Abafaransa muri Kamena 1994.

Ubwo yateguzaga iyi filime, Gaël yavuze ko mu ikorwa ry’iyi filime, byari ibihe bimeze nk’ibiteye ubwoba ariko ‘binashimishije’. 

Avuga ko ‘aba bagore bahisemo ko bagaragara imbona nkubone batanga ubuhamya bw’ibyababayeho, nyuma y’amezi menshi yari ashize hafatwa amashusho ya filime’.

Prisca ugaragara muri iyi filime yari aturutse i Butare, Concessa yari aherekejwe n’inshuti ye Jacqueline, ni mu gihe Marie Jeanne yageze ahabereye iyi filime ateze moto- Niko Gaël Faye abisobanura.

Iyi filime itangira aba babyeyi baririmba indirimbo ishima Imana. Bakavuga ko bongeye gukomera mu mutima nyuma y'ibihe bibi bikomeye banyuzemo.

Murekatete Marie Jeanne w'imyaka 51 y'amavuko, avuka mu cyahoze ari Komine Gafunzo. Yavuze ko yaje i Kigali aje gushakisha ubuzima. Afite abana batatu; babiri ba nyuma ya Jenoside n'umwe wa mbere ya Jenoside.

Mu buhamya bwe, yavuze ko mu mabyiruka ye yabyirukanye n'abandi bana b'abaturanyi bakina umupira, ikivandimwe gisangiwe.

Ku buryo hari igihe bahishaga inzoga, ibirori bigahuza inshuti, abari abahutu n'abatutsi 'ubona bafite urugwiro'.

Avuga ko ku myaka 7 y'amavuko ari bwo abana batangiraga ishuri. Asobanura ko ubwo wabaga umaze amezi atatu mu ishuri, bitewe n'uko buri mwana yabaga azwi iwabo, bahagurutsaga abahutu n'abatutsi bakajya mu bihande bitandukanye.

Yavuze ko ivangura ryigaragazaga. Bigishwaga n'umwarimu w'umugabo w'umuhutu ukomeye w'i Nyabitekeri, akajya yita cyane ku bana b'abahutu, hagira umwana w'umututsi ubaza ikibazo 'agakubita uhmmm'.

Murekatete yakomeje avuga ko hari imodoka zabaga zuzuye insoresore z’interahamwe zivuza amafirimbi, zirahirira gutsemba abatutsi.

Akavuga ko Nyina yasohotse agiye gushaka ibyo guha abana be, ahura n'abicanyi bamutema ugutwi, barakumuha ngo abe ariko ashyira abane be barye. 

Murekatete Marie Jeanne [Uri ibumoso] ari kumwe n’umukobwa we wishimira intambwe umubyeyi we amaze gutera yo kwiyubaka

Aho bari bahungiye mu kibuga cyo kwa Padiri, abicanyi bafataga abagore bakabarongora kugeza bashizemo umwuka.

Ati “[…] Barabajyanye nyine mu kibuga aho imbere yo kwa Padiri, babarongoreraho, bararongora, bararongora kugeza igihe baviriyemo umwuka."

Yavuze ko interahamwe zabonye ko zitari kwica bose ngo zibarangize, hanyuma umwe muri bo witwa Yusuf ajya kuzana Gerenade n'imbunda nyinshi bamisha muri abo batutsi, ari nako imbwa zaryaga abishwe.

Yavuze ko icyo gihe bakuru bishwe, abana bo kwa musaza we no kwa Muramukazi be baricwa.

Tariki 23 Mata 1994, abasirikare b'Abafaransa bageze i Nyarushishi. Batangira kubitaho harimo kubaha nk'imyenda yo kwambara, abarwayi bakavura.

Uyu mubyeyi ageze i Nyarushishi yafashwe n'ikiniga. Agaragaza ahantu yahuriye n'Abafaransa baramuhohotera mu buryo bukomeye, bamusiga hejuru y'umwobo ahetse umwana.

Aho hantu yahamaze iminsi itatu, ahakurwa n'abantu bari bagiye gutashya. Umwana we akiri muzima.

Umwana w'uyu mubyeyi yavuze ko mbere bitari byoroshye 'kwakira ibikomere bya mama' ariko ko uko imyaka ishira indi igataha, agenda yakira ibyamubayeho.

Akavuga ko nk'umwana ashimishwa no kubona Nyina agenda arushaho kwiyubaka.

Musabyimana Concessa, avuka ahahoze ari Cyangungu mu Ntara y'Uburengerazuba.

Muri iki gihe, atuye i Kanombe ku kibuga cy'indege, ubu afite imyaka 51 y'amavuko.  Yavuze ko yiyemeje kujya kuba i Kigali, kugira ngo abone amafarana yo gutunga abana be.

Yavuze ko mbere y'uko Jenoside iba, hari ikintu cyabayeho aho bagendaga bandika ku mazu y'abantu, bakandikaho ngo 'aha ni kwa kana ku mututsi, aha ni kwa kana kana ku muhutu'.

Mu buhamya bwe, yavuze ko ubwo baterwaga bahunze, hanyuma inzu y’iwabo iratwika.

Avuga ko yari afite umwana w'umuhungu wavutse mu 1993. Yaramufashe barahunga, ageze hafi n'urutoki ahura n'umugabo wakoraga ku bitaro witwa Jamali ari kumwe n'interahamwe enye, amubwira ko agiye kumukorera ibintu azahora yibuka mu buzima bwe akazatanga ubuhamya hose.

Ati "....Arambwira ati 'reka nze nkukorere ibintu ku buryo bizakubera isomo ukajya utanga n'ubuhamya..."

Consessa yavuze ko igihe cyageze Ingabo z’Abafaransa zibasanga aho bari bari bahamara nk’icyumweru. Icyo gihe, ngo bagendaga mu mashitingi bari bacumbitsemo bari kumwe n'interahamwe, bagenda bareba ahantu hari abakobwa n'abagore.

Nyuma mu ijoro bagarukaga muri ya shitingi, bakabyutsa babandi babonye ku manywa.

Consessa avuga ko bamubyukije. Arabakurikira, asanga hari uwafataga amafoto n'undi 'wamusambanyije'. Ati "Hari ukuntu bajyaga bafotora nk'amafoto, ifoto igahita isohoka. Ubwo ari aho ngaho ari kumfotora uko nambaye ubusa undi nawe mugenzi we arimo kumfata ku ngufu..."

KANDA HANO UREBE FILIME 'LE SILENCE DES MOTS' YA GAEL FAYE

Yavuze ko yabaye muri ubwo buzima, ari ibintu yamenyereye buri joro. Si we gusa, kuko bafataga n'abandi bagore.

Uyu mubyeyi yavuze ko ashaka ubutabera. Kandi iyo abitekereje bibabaza umutima we. Akibaza impamvu abo basirikare badakurikiranwa kandi hari abatangabuhamya.

Yavuze ko Se w'abana be, yamutaye nyuma yo kumenya ko Abafaransa bamufashe ku ngufu. Avuga ko ibihe yanyuzemo byo gufatwa ku ngufu, atari inkuru yoroshye kubarira umwana we.

Ati "[...] Mba numva ari nk'ibintu biteye isoni, kubwira abana ngo wafashwe ku ngufu n'abantu barenze bangahe, basigara bibaza niba uri umuntu cyangwa uri impyisi cyangwa sinzi uburyo babibonamo."

Mushimiyimana Prisca, afite imyaka 47, yavukiye muri Komini Gishamvu, Yarokokeye i Murambi muri zone Turquoise.

Yavuze ko abishwe mu bihe bitandukanye barimo abatemaguwe, abacitse amaboko n'abandi babajyanaga i Murambi.

Avuga ko ubwo Abafaransa bageraga i Murambi, batangiye kuvangura abantu, bamwe bakabashyira mu nzu zitandukanye.

Yavuze ko igihe cyageze Abafaransa batangira guhitamo abakobwa n'abagore bo gusambanya, bakajya babajyana ahari inzu.

Ati "Ntibabajyanaga ku gasozi, hari inzu iri ruguru ahantu ruguru yaho bakajya baza bakagutwara bakakujyana kukurongorera muri iyo nzu (..) hari igihe bakurongoraga bakakubwira ngo hena bakavuga ngo zamura akaguru byose nyine ntakundi umuntu akabyakira..." Uyu mubyeyi yavuze ko bumvaga ntaherezo.

Amashusho y'iyi filime yafatiwe mu bice by'icyaro, Kigali, mu mihanda yo muri Rusizi, n'ahandi.

Mu muhanda bajya i Nyarushishi, berekanye imihanda ibiri yabagamo za bariyeri, yiciweho abantu benshi cyane. Bati "Aha hantu hakozwe ibara."

Gaël Faye aherutse kubwira ikinyamakuru Actualitée ko inkuru ya Jenoside yakorewe Abatutsi ‘itarangira’. Ko n’abakorotse ayo mahano batanga ubuhamya ubundi budafite amagambo yo kubivuga.

Gaël Faye asanzwe afite filime yise ‘Petit Pays’ yakozwemo igitabo cyiswe ‘Gahugu Gato’, gifite amapaji 191.

Paji nshya yarabumbuwe mu mibanire y’ibihugu:

Ku wa 27 Gicurasi 2021, Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa yasuye u Rwanda mu rugendo rwari rugamije gufungura paji nshya hagati y’u Rwanda n’u Bufaransa.

Yasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, asobanurirwa amateka yagejeje u Rwanda mu icuraburindi.

Mu ijambo rye, yavuze ko yemera ko igihugu cye cyagizemo uruhare rwa politiki muri Jenoside, avuga ko abarokotse jenoside ari bo "baduha impano y'imbabazi".

Yateye intambwe ikomeye muri politiki, kuko kuva mu myaka 27 yari ishize aba Perezida bayoboye u Bufaransa batigeze bashaka kugaruka kuri iyi ngingo.

Macron yavuze ko u Bufaransa bufite n'inshingano yo "kwemera akababaro bwateye abanyarwanda, butuma bifata igihe kinini cyane nta bushakashatsi ku gushaka ukuri bukorwa."

Yavuze ko “Kwemera uruhare rwacu…bidushyiraho ideni ku bishwe nyuma y'igihe kinini cyo guceceka. Ku bariho bo dushobora, nibabyemera, kubahoza agahinda. Muri iyo nzira, abaciye muri iryo joro wenda bashobora kubabarira, bakaduha impano yo kutubabarira".

Aba bagore batatu bashimiye Faye n'ikipe bakoranye ku bw’ikorwa ry’iyi filime, ‘bishimira ko babonye umurongo wo kuvuga ibyababayeho’. Bavuga ko isi yari imeze nk’iyabahindukiranye.’

    

Abagore batatu batanze ubuhamya bwuzuye agahinda bw’ukuntu Ingabo z’Abafaransa zabafashe ku ngufu mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 

Gaël Faye yafashe umwanya wo kwandika iyi nkuru y’abagore mbere y’uko atangira kuyifatira amashusho afatanyije na Michael Sztanke






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND