RFL
Kigali

Kicukiro: Itel Rwanda yaremeye arenga miliyoni 1.5 Frw umuturage warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, iniyemeza gufasha Leta kubaka u Rwanda twifuza– AMAFOTO+VIDEO

Yanditswe na: SAFARI Garcon
Taliki:13/04/2022 9:31
0


Sosiyete icuruza Telefone ngendanwa, Itel Rwanda yunamiye Inzirakarengane z’Abatutsi barenga ibihumbi 105 bashyinguye mu rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Nyanza ya Kicukiro ndetse inaremera umuturage warokotse utuye i Karembure, aho yahawe amafaranga yo kumufasha n’ibindi bikoresho byose bihagaze muri miliyoni 1.5 Frw.



Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 12 Mata 2022, Abakozi ba Sosiyete ya Itel Rwanda bari kumwe n’umufatanyabikorwa wabo Rocky Kirabiranya ndetse n’Itangazamakuru, bunamiye ndetse banashyira indabo ku rwibutso rwa Nyanza ya Kicukiro ruruhukiyemo imbaga y’Abatutsi barenga ibihumbi 105 bishwe muri Jenoside ykorewe Abatutsi muri Mata 1994.

Ahagana saa Munani z’igicamunsi nibwo aba bakozi ba Itel bari bageze ku Rwibutso rwa Nyanza ya Kicukiro, nyuma yo yo gushyira indabo no kunamira inzirakarengane ziruhukiye muri uru rwibutso, Patrick Nsengiyera ushinzwe imirimo itandukanye kuri uru rwibutso, yasobanuye amateka y’ibyabereye Nyanza ya Kicukiro muri Mata 1994.


Yavuze ko muri uru rwibutso ruruhukiyemo Abatutsi barenga ibihumbi 105, barimo hafi ibihumbi 3000 byaguye kuri iyi site nyuma yo gutereranwa n’ingabo zari zoherejwe mu Rwanda kubungabunga Amahoro ziganjemo iz’Ababiligi.

Nsengiyera yasobanuye ko tariki ya 11 Mata 1994 aribwo Col. Renzaho Tharcisse yategetse Interahamwe kwica Abatutsi ibihumbi 3 bari bahungiye muri Etoo Kicukiro nyuma yo gutereranwa n’ingabo zari zoherejwe mu Rwanda kubungabunga Amahoro bari bahungiyeho, mu Batutsi ibihumbi 3 bari bahungiye kuri Etoo Kicukiro harokotsemo 100 gusa, barokowe n’ingabo zahoze ari iza RPA.


Uyu mukozi wo kuri uru rwibutso yanasobanuye bimwe mu bice bigize uru rwibutso ndetse n’igisobanuro cya buri gice mu bigize ubusitani bwarwo, ahanini bigaruka ku mateka n’inzira y’umusaraba Abatutsi banyuzemo mu 1994, ndetse n’icyizere cyo kubaho nyuma ya Jenoside.

Nyuma yo gusura Urwibutso rwa Nyanza ya Kicukiro, abakozi ba Itel Rwanda berekeje mu Mudugudu wa Kabeza, Akagali ka Karembure, Umurenge wa Gahanga ho mu Karere ka Kicukiro kuremera umuturage warokotse Jenoside wari ntaho nikora, mu rwego rwo kumubera urumuri n’icyizere cy’ubuzima.


Ahagana saa Kumi n’igice z’igicamunsi nibwo Itel Rwanda yageze mu rugo rw’uyu muturage witwa Uwiseguye Eptimie washegeshwe bikomeye na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Uwiseguye yatangiye aha ikaze abashyitsi bari bamugendereye, abasobanurira inzira y’umusaraba yanyuzemo kugira ngo arokoke Jenoside yabaye afite imyaka 9, yabuze Nyina umubyara wishwe areba, abura abavandimwe n’inshuti, ajugunywa mu mwobo wa metero 8 yatemaguwe ariko ku bw’amahirwe aza kurokoka na Se umubyara ubwo barokorwaga n’Ingabo zahoze ari iza RPA ubwo zageraga i Nyamata bari batuye.


Uyu mubyeyi avuga ko bitari byoroshye nyuma ya Jenoside kuko ubuzima bwamugoye, abaho mu bwigunge yaranze abantu bose kugeza ubwo se umubyara babanaga mu nzu nawe bimuyobeye abona ko nubwo yamusigaranye ari umwe ariko nawe atamufite kuko icyo gihe atavugaga ahubwo yabagaho mu bwigunge.

Eptimie yaje gukomeza ubuzima ariga ariko agakomeza no gushengurwa n’abagifite ingengabitekerezo ya Jenoside, byanatumye yimuka ava i Nyamata ajya kuba mu murenge wa Gahanga nubwo naho yasanze bitoroshye gusa arikomeza ndetse akomezwa n’abo yasigaranye mu muryango.

Mu rwego rwo kumufasha kwigarurira icyizere cy’ubuzima no kumva ko atari wenyine muri ibi bihe byo kwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Sosiyete icuruza Telefone ngendanwa, Itel Rwanda, yaremeye uyu mubyeyi amafaranga n’ibikoresho byose bifite agaciro k’arenga miliyoni 1.5 Frw.


Mu byo Itel Rwanda yahaye Uwiseguye Eptimie harimo sheke ya miliyoni 1 Frw, Minerval y’abanyeshuri y’ibihumbi 200 Frw, Smart Phone ya Itel, Ibikoresho bizamufasha mu budozi nk’umwuga we wa buri munsi, ibitabo n’ibindi bikoresho by’ishuri.

Nyuma yo guhabwa iyi nkunga, Eptimie yashimiye byimazeyo Itel Rwanda avuga ko ubuzima bw’umuryango we busubiranye ubuzima kuko hari ababatekerezaho.


Yagize ati”Ni ukuri iki gikorwa munkoreye ni igikorwa muntunguje cyane kuko bitewe n’iminsi nari maze ntabwo nabitekerezaga. Sinatekerezaga aho ibi bintu byava, ni nabwo bwa mbere mfashe skeke y’amafaranga nk’aya mu ntoki zanjye, mu by’ukuri ndumva bindenze, sinzi uko nabivuga.

Ntabwo imibereho byari byoroshye haba abana bari mu kiruhuko ndetse baniga, nibazaga aho minerval izava bikanshobera, natekerezaga kubakura mu kigo bigamo nkabajyana ahandi nabyo nkabiburira igisubizo, ariko kuba mundemeye hari ikigiye gukorwa ku mashuri y’abana banjye ndetse n’imibereho yacu nk’umuryango.

Munkoreye igikorwa gikomeye cyane kigiye kugira akamaro gakomeye mu buzima bwacu nk’umuryango, munyeretse ko ntari njyenyine ahubwo mfite abantekerezaho, munshimire cyane umuryango mugari wa Itel Rwanda, mubabwire muti’umutima w’urukundo muzawuhorane, nanjye ngiye gukora kuburyo nzabereka ko inkunga bampaye ntayipfushije ubusa”.

Nsanzimana Ignace uhagarariye Itel mu Rwanda, yavuze ko iyi Sosiyete ahagarariye ishaka kuba umuterankunga wa Leta mu gufasha Abarokotse kwigarurira Icyizere cy’ubuzima no gusana imitima yakomeretse mukubaka u Rwanda twifuza.


Yagize ati”Mu by’ukuri kuba twahuje iki gikorwa n’ibihe turimo bivuze ikintu kinini cyane, kuko turi mu bihe byo kwibuka Abatutsi bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Hari imbaga yoretswe ariko kandi hari abo yasize ari ibisenzegeri ari ba ntaho nikora, niyo mpamvu Itel Rwanda yifuje kuremera umwe muri abo bantu basizwe iheruheru na Jenoside.

Itel Rwanda ni Sosiyete ikorera mu Rwanda, nayo igomba kuba umufatanyabikorwa wa Leta mu buryo bwo kugira ngo buri muturarwanda abashe kubaho neza mu rwego rwo kubaka u Rwanda twifuza, ibi ni ibikorwa bizajya bikorwa buri mwaka kandi si ubwa mbere tubikoze kuko no mu myaka ishize byarakorwaga.

Mu by’ukuri inkunga tumuhaye turifuza ko yakwiyubaka, akaba umunyarwanda ufite icyerecyezo n’icyizere cy’ejo hazaza, tukaba tumusaba kuyikoresha neza ku buryo izamugirira akamaro ikanamwubakira ubuzima”. 

Itel Rwanda yunamiye inashyira indabo ku rwibutso rwa Nyanza ya Kicukiro ruruhukiyemo Abatutsi barenga ibihumbi 105

Rocky Kirabiranya mu bari baherekeje Itel Rwanda gusura Urwibutso rwa Nyanza ya Kicukiro

Abakozi ba Itel Rwanda n'abari bayiherekeje bose basobanuriwe amateka ya Jenoside yabereye Nyanza ya Kicukiro


Ubusitani bw'Urwibutso rwa Nyanza ya Kicukiro

Ibuye riri mu ishusho y'ikarita y'u Rwanda igaragara mu busitani bw'Urwibutso rwa Nyanza ya Kicukiro risobanuye guhora twibuka iteka

Uwiseguye Eptimie warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi yaremewe na Itel Rwanda yamuhaye amafaranga n'ibikoresho bifite agaciro k'arenga miliyoni 1.5 Frw

KANDA HANO UREBE IKI GIKORWA MU BURYO BW'AMASHUSHO

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND