Ibibazo byo mu mashuri ni bimwe mu bidindiza imyigire bigatuma umwarimu mwiza agorwa no kubikemura aho kwigisha abana ashinzwe. Muri uyu mwaka wa 2022 hari ibibazo by’ingutu abarimu bakomeje guhura nabyo bikabakoma mu nkokora.
Bimwe mu byo bahura nabyo harimo kubura inshuti zo mu buzima busanzwe kubera guhora ku bigo by’amashuri aho batabona umwanya wo
kwiyitaho cyangwa ngo babe banaganira n’abaturanyi babo. Kugorwa no kwibonera
igihe cyo kwiyitaho ubwabo, gukorera ku ntego z’igihe kirekire, intonganya no
guteshwa umutwe n’abana bigisha.
Izi ngorane kimwe n’izindi zitandukanye abarimu bahuta
nazo, zishobora gutuma bakererwa mu myigishirize bigatuma n’abana bigisha
bakererwa mu bwenge.
1.KUBURA IGIHE
GIHAGIJE CYO GUTEGURA AMASOMO,…
Magingo aya , umwarimu agorwa no kumara igitabo
yahawe gikubiyemo ibyo azigisha mu gihe cy’umwaka ndetse bamwe mu barimu ntabwo
bashobora gusoza isomo ku gihe kubera ingano y’ibyo batanga.
Abarimu bagorwa no gutegura ibikoresho bazifashisha mu
isomo mu gihe cyo kwigisha, aribyo Gutegura isomo, imfasha nyigisho,….Abarimu
baba bafite igihe gito cyo gutegura ibyo byose mbere yo kujya mu ishuri imbere
y’abana.
2.KUGIRA IBINTU
BYINSHI BYO KUZUZA
Mbere yo kwigisha hari ubwo mwarimu agenzura
abanyeshuri, agasanga bafite n’ibindi bibazo bizasubizwa n’ababyeyi babo
cyangwa agasanga akwiye gutegura icyandikwa kitari gito. Kuri iyi ngingo, turavuga
abarimu bategura amakayi y’imyitozo , imikoro n’ibindi. Uretse ibi kandi mwarimu
aba afite ibintu byinshi byo kuzuza (Ibidanago), bimufasha gukora umurimo we
neza kandi byose bikaba bifatwa nk’itegeko mu gihe aba afite n’ibindi byo
kwitaho.
3.GUSHYIRWA KU NKEKE
N’ABAMUYOBORA BAMUSABA GUTSINDISHA 100%
Uretse bimwe bya kera, kuri ubu mu murimo hasigaye
habamo ihangana kandi mu burezi ho biratandukanye. Buri mwarimu aba ashaka
gukora cyane kugira ngo afatwe nk’indashyikirwa ku rwego rwe. Iki ni ikibazo
gikomereye abarimu benshi kuko umuvuduko baba bagenderaho aba atari umwe.
Ku bigo bimwe na bimwe abarezi bahabwa agahimbazamusyi
bigendanye n’imitsindishirize bagize, ibintu bifatwa nk’ibitari byiza kuko
bituma abagendera ku muvuduko wo hasi batagerwaho nayo mahirwe kandi nabo ari
abarezi beza cyane.
4.KUZUZA
IBYIFUZO BY’ABANYESHURI N’ABABYEYI
Mwarimu niwe uba ufite urufunguzo rwo kuzamura
umunyeshuri cyangwa kumusubiza hasi. Mwarimu w’iyi minsi arwana no kuzamura
ibyifuzo by’abanyeshuri yigisha, agasabwa gukoresha uburyo bwose bushoboka,
bikamushyira ku nkeke kuko aba atekereza ko bitazamukundira. Mwarimu asabwa
gushyiramo udushya kandi ntacyo ahawe cyo kumufasha.
5.UBUSHOBOZI
BUKE
Abantu benshi bavuga ko mwarimu ahembwa amafaranga
make cyane. Ubusanzwe kugira ngo umuntu abashe kubaho neza n’uko aba afite buri
kimwe akenera ngo amere neza, nyamara abarimu bo bivugwa ko babayeho nabi
binyuze mu mushahara babahemba. Uretse ikibazo cy’amafaranga bahembwa, mwarimu
bitewe n’aho yigisha, ntabwo ahembwa amafaranga yo kwifashisha mu ishuri mu
gihe bibaye ngombwa nabyo bikaba imbogamizi ikomeye.
5.KUBURA
UBUFASHA BW’ABABYEYI
N’ubwo ari inshingano za mwarimu kwigisha abana, hari
ubwo akenera ubufasha bwa mwarimu hamwe na hamwe bikaba ingume. Muri uyu mwaka
wa 2022, abarimu bari guhura n’inzitizi ziturutse ku kuba bari kurwana n’ibibazo
by’abana babo bonyine. Ibi biri kuba mu bice by’icyaro.
Ababyeyi bagakoranye n’abarimu kugira ngo babashe
gutanga ubutumwa n’ubufasha umwana akeneye kugira ngo atere imbere mu myigire
ye. Iyo ababyeyi bakuyemo akabo karenge akazi bakakarekera abarimu gusa, biba
ingume kuko batabasha kubikora bonyine.
Inkomoko: edsys.in
TANGA IGITECYEREZO