RFL
Kigali

Dore ibintu 5 abarezi baba basabwa gukora buri munsi

Yanditswe na: Kwizera jean de Dieu
Taliki:26/01/2022 18:02
0


Abarimu iteka baba basabwa gushyira umutima wabo mu kazi kabo ka buri munsi, kugira ngo karusheho kuba keza. Muri iyi nkuru turarebera hamwe ibyo abarezi cyangwa abarimu baba basabwa gukora mu kazi kabo ka buri munsi.



Insinzi iba  itandukanye kuva ku ishuri ujya ku rindi, cyangwa kuva ku munyeshuri ujya k’uwundi. Gusa kuri mwarimu ni ikintu kiba cyoroshye cyane kubona kuko biba biri mu byo asabwa kandi akora buri munsi, na cyane ko hari abarimu usanga babimazemo imyaka itari mike.

Umwarimu w’umwuga akenshi aharanira kugira ishuri rye ahantu heza abanyeshuri bishimira, maze agafasha n’abandi banyeshuri kwitabira ishuri.

NKA MWARIMU DORE IBINTU 5 USABWA GUKORA

1. Gukora ibintu bidatandukanye kandi by’ingenzi (The Daily Fives).

Mwarimu akora iyo bwabaga agakora ibivumbura amatsiko y’abana be, ndetse akamenya neza ko abana be yabashimishije ku kigero we yifuza. Mwarimu akora iyo bwabaga akamenya neza ko abana be bishimiye ishuri barimo.

Kwitegura kwiga ku banyeshuri ni ingenzi cyane, kurenza uko mwarimu ategura ishuri arigishirizamo. Iminota itanu ya mbere y’imbere y’isomo, mwarimu mwiza aba aganiriza abana be akamenya neza ko babonye ibyo bakeneye kandi bari mu byicaro byabo.

2. Guteganya intego zikomeye ariko zishoboka kugerwaho

Mwarimu mwiza akorera ku ntego. Mu ishuri ryigisha abarezi cyangwa ahandi abategura kuba abarezi bahurira, usanga biga uko isomo ryiza riba rigizwe n’intego kandi zihamye ku buryo mwarimu aba asabwa gutegura intego zihagazeho ariko zishoboka.

3. Kugenzura ibyo yigisha.

Umwarimu mwiza agenzura ibyo yigisha akamenya neza ko ibyo ari guha abana aribyo bakeneye, kurenza gupfa kubaha atabanje kugenzura munteganyanyigisho ye. Mwarimu abanza kugenzura neza niba uburyo akoresha yigisha bunoze neza cyane.

4. Ubufatanye.

Nibyo rwose, mwarimu aba agomba kwita kubyo abana biga, ariko nanone akamenya neza ko ubufatanye bwe n’ubw’abana yigisha ari ingenzi cyane. Nta mwarimu wakwishimira kwigisha abana bari mukavuyo, ariko mu isi ya none hari abatamenya kubayobora bikabaganisha mu kavuyo gakabije.

5. Gukuza ubunyamwuga.

Umwuga wo kwigisha ni nk’umwuga wo gukina umupira. Usanga abawukora bahora mu myitozo izabafasha gukomeza gutera imbere no kuteza imbere ibyo bakora. Abarimu benshi bahora biga, bahora basoma cyane kugira ngo bamenye indimi zitandukanye, bazabashe gufasha abana babo aho bizaba ngombwa.

Ibi byose twabonye ni bike kubyo abarezi bagomba gukora, kandi ntawashidikanya kwemera ko abarezi bari mu bantu bakora akazi gakomeye kandi keza cyane.

Inkomoko: cchomelearning.co.uk






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND