RFL
Kigali

“Mu myaka 10 iri imbere abantu bashobora kuzaba batuye ku mubumbe wa Mars”-Umuherwe Elon Musk

Yanditswe na: Soter Dusabimana
Taliki:1/01/2022 7:12
0


Umuherwe wa mbere ku Isi Elon Musk ukunze kugaragaza ko afite gahunda zitandukanye ku mubumbe wa Mars ndetse harimo no kujyanayo ikiremwamuntu kujya guturayo, yatangaje ko mu myaka 10 gusa iri imbere ibi bizaba byabaye impamo. Uyu mugabo yahise aboneraho gusaba abifuza kujya gutura kuri Mars gutekereza uko inzego zabo z’ubuyobozi zizaba ziteye.



Uyu mugabo nyiri kompanyi za Space X ikora ibyogajuru bijya mu isanzure ndetse na Tesla ikora imodoka zikoresha umuriro w’amashanyarazi, yamaze amatsiko abibazaga igihe ikiremwamuntu kizaba cyatangiye ubuzima ku mubumbe wa Mars ndetse asaba abifuza kuzajya guturayo gutangira gutekereza uko inzego z’ubuyobozi bwabo zizaba ziteye.

Elon Musk yavuze kandi ko abantu bazaba batuye kuri uyu mubumbe utukura, bashobora kuzagerayo bagashyiraho ubuyobozi bwabo.



Elon Musk yatangaje ko mu myaka 10 abantu bashobora kuzaba batuye kuri Mars

Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru kuwa kabiri w’icyi cyumweru, Elon Musk yasabye abantu bifuza kuzajya gutura kuri uyu mubumbe kuzashyiraho ubuyobozi, aho abaturage ubwabo bazaba bafite uburenganzira kubibakorerwa ndetse banishyiriraho amategeko ababereye.



Umubumbe wa Mars bakunze kuwita umubumbe utukura

Muri Mutarama 2020, uyu mugabo yavuze ko afite gahunda yo kubaka ibyogajuru 1,000 ndetse akajya yohereza bitatu mu isanzure buri munsi mu rwego rwo gutwara abantu bagera kuri miliyoni imwe ku mubumbe wa Mars bitarenze mu mwaka 2050.

  





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND