Abagabo benshi bubatse bafashe ko uko bamara igihe kinini mu gitanda batera akabariro n'abo bashakanye, ari bwo baba bari gukora ibidasanzwe kandi byiza mu buzima bw'abo bari kumwe. Ibi byatumye abagabo benshi bazahazwa n'uburwayi batazi ndetse bakangiza ejo hazaza habo havuba cyane.
Benshi
bashakisha imiti izajya ituma bamara iminota myinshi mu gitanda bari gutera
akabariro, benshi bazi ko kumara amasaha menshi ari byo bibagira abagabo. Ibi
bitera ingaruka zitari nke zirimo kurwara indwara ya Stroke, indwara zifata
impyiko, kimwe n'izindi nyinshi zifite aho zihuriye no gufata indi miti
kugira ngo bakunde bamare amasaha batera akabariro.
Umuhanga
mu buvuzi, akaba umuganga ukomeye Dr Grace Boadu, yatangaje ko mu bushakashatsi yakoze yasanze abagabo bamara
hejuru y'iminota 35 bari gutera akabariro hamwe n'abo bashakanye, bibaviramo
kuba barwara indwara ya stroke nk'uko yabitangarije televiziyo yitwa Kessben
TV. Yavuze ko amaraso yirukira mu gitsinagabo, noneho mu gihe yaba atari
gusubira mu bwonko ku gihe, umuntu agatangira kugira ibyo bizazane, birimo
n'izo ndwara.
Uyu muganga
yavuze ko nibura iminota myinshi ikwiriye umugabo adakwiriye kurenza mu gihe ari
gutera akabariro ari iminota 10 kugeza kuri 20. Yasabye abagabo kudashaka
kugaragariza ubudahangarwa bwabo mu buriri, aho kubugaragaza bita ku bo bashakanye
no mu bundi buryo bwo kubaho. Yavuze ko umugore akenera kwitabwaho no guhabwa amahoro
byagera mu gitanda ugakora bike aho gushaka kumwemereza mu buriri kandi ahandi
byarakunaniye.
TANGA IGITECYEREZO