RFL
Kigali

SKOL igiye kwifashisha mu bitaramo abahatanye muri Kiss Summer Awards; abafana bashyiriweho amatike

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:19/10/2021 18:00
1


Uruganda rwenga ibinyobwa bisembuye n’ibidasembuye rwa SKOL, rwatangaje ko abahanzi bahatanye mu bihembo Kiss Summer Awards ari bo ruzaheraho mu bitaramo bitandukanye ruzategura mu minsi iri imbere.



Kuri uyu wa Kabiri tariki 19 Ukwakira 2021, muri Kigali Arena habereye ikiganiro n’itangazamakuru cyavuze birambuye ku bihembo Kiss Summer Awards bigiye gutangwa ku nshuro ya kane. Bizatangirwa muri Kigali Arena, ku wa Gatandatu tariki 23 Ukwakira 2021.

Umuterankunga Mukuru w’ibi bihembo ni uruganda rwa SKOL, aho rubinyujije mu kinyobwa cya SKOL Malt rwateye inkunga ibi bihembo ku nshuro ya kabiri.

Umuyobozi ushinzwe kwamamaza ibikorwa bya Skol, Karim Khenziman, yavuze ko ari iby’agaciro kanini kuri SKOL kuba ikomeje gutera inkunga ibihembo bya Kiss Summer Awards, kandi ko ari urugendo bazakomeza gufatanya mu guteza imbere abahanzi.

Yavuze ko bazirikana ko abafana baba bakeneye ibyishimo n’abahanzi bagakenera ko ingufu bakoresha mu muziki zibabyarira inyungu, ari nayo mpamvu SKOL ikora uko ishoboye kugira ngo ihuze izi mpande zombi yifashishije ibinyobwa byayo.

Ati “Ku ruhande rwacu kuba turi kumwe na Kiss Fm mu bikorwa byo gutegura Kiss Summer Awards n’iby’agaciro ku ruhande rwa SKOL… Ku ruhande rwacu hari bimwe tuba dushaka kugeraho cyane cyane abakunda ibinyobwa byacu kugira ngo babone ako gaciro.”

“Tuzi ko abenshi muri bo n’abakunzi b’umuziki Nyarwanda, icyo baba bakeneye rero n’ibyishimo. Ku ruhande rundi rero n’abahanzi n’abo baba bakoresheje ingufu nyinshi cyane zikomeye kugira ngo babashe kuba basohora icyo gihangano kijye hanze. Nabo baba bagomba guhabwa agaciro. Izo ni zimwe mu mpamvu ebyiri zikomeye zatumye muri ino myaka ibiri tuba turi kumwe na Kiss Fm.”

Karim yavuze ko mu rwego rwo gufata neza abakiriya ba SKOL, bashyizeho uburyo bushobora gutuma batsindira amatike yo kwinjira mu muhango w’itangwa ry’ibi bihembo bya Kiss Summer Awards.

Avuga ko mu biganiro bya Kiss Fm hazajya hatangwamo amatike ndetse ko abafana bashobora no kwifashisha imbuga nkoranyambaga za SKOL bagasubiza ibibazo bitandukanye hanyuma utsinze agahabwa itike.

Uyu muyobozi yanavuze ko hari utubari dutandukanye two mu Mujyi wa Kigali, abantu bashobora kujyayo bagatsindira amatike.

Karim Khenziman yavuze ko kubera ko ibirori biri kugenda bikomorerwa, SKOL iri gutegura ibikorwa bitandukanye izifashishamo abahanzi, bityo ko izahera ku bari bahatanye muri ibi bihembo bya Kiss Summer Awards 2021.

Ati “Nk’uko mubibona ibikorwa biri kugenda bikomorerwa. Abahanzi tuzifashisha muri uyu mwaka ntakindi kigero cyo kugaragaza abahanzi bakoze neza usibye ‘Awards’ ihari imwe navuga yo mu Rwanda ibatugaragariza ikabashyira hariya ikavuga iti 'aba nibo bahanzi babashije kwigaragaza'.”

“Natwe iyo tugiye gutegura ibintu nk’ibi byo mu muziki biduhuza n’abahanzi ikigero cyoroshye cyo gufatiraho ni ugufatira kuri aba ngaba babashije kuba bagera kuri urwo rwego."

"N’iyo mpamvu rero twiyemeje ko abahanzi bose batoranyijwe muri Kiss Summer Awards nibo mu bitaramo turi gutegura muri uyu mwaka n’undi ugiye kuza nibo tuzakoresha kugeza igihe tuzabona abandi bahanzi bageze ku rwego runaka Abanyarwanda bavuga y’uko aba ngaba barimo barakora cyane."

Karim yavuze ko kuva SKOL yatangira gukorera mu Rwanda yashyize imbere guteza ibikorwa byose bifite aho bihuriye n’imyidagaduro, yaba iby’abandi bantu ndetse n’ibyo nabo bagiye bitegurira.

Yavuze ko byarenze guteza imbere abahanzi, kuko no mu bikorwa bya siporo batera inkunga rimwe na rimwe bifashisha abahanzi kuko bazirikana imvune zabo.

Uyu muyobozi yavuze ko muri uyu mwaka no mu 2022 SKOL ihishiye byinshi abakunzi bayo bifite aho bihuriye n’umuziki. 

KANDA HANO SKOL IGUFASHE GUTSINDIRA ITIKIE MURI KISS SUMMER AWARDS

Umuyobozi Ushinzwe kwamamaza ibikorwa bya Skol, Karim Khenziman, yavuze ko SKOL izakomeza gutera inkunga Kiss Summer Awards kuko izirikana imvune z’abahanzi
Karim Khenziman yavuze ko SKOL igiye kwifashisha abahanzi bahatanye muri Kiss Summer Awards mu bitaramo igiye gutegura

Mu bihembo bya Kiss Summer Awards, abakiriya bazakirizwa ikinyobwa cya SKOL Malt n’ibindi 

Skol ifite ku isoko ibinyobwa bitandukanye byizihira henshi birimo nka ‘Skol Panache’ 

Uruganda rwa SKOL ruherutse gushyira amazina yise ‘Virunga’

Uwimana Clementine ubarizwa muri Kigali Protocal aguhaye ikaze ku binyobwa bya SKOL 

Pascaline Umuhoza wari uhatanye muri Miss Earth Rwanda 2021 yanyuzwe n’uburyo iri cupa rya SKOL riteye amabengeza

Ni ku nshuro ya kabiri, SKOL iteye inkunga ibihembyo bya Kiss Summer Awards 

Abafana bashyiriweho uburyo bufasha gutsindira amatike azabinjiza muri Kiss Summer Awards muri Kigali Arena








TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Karugaba Thadeo 4 months ago
    Mbese murwego two kwagura isoko mbona nshatse dufatanyije ibinyobwa bya skol Rwanda twabizana Kampala muri Uganda. Thank you





Inyarwanda BACKGROUND