RFL
Kigali

“Sinzongera gupfa ukundi kandi nta nyungu nagiriye mu rupfu rwanjye”-Amagambo y’umugabo wambaye ubusa agaheka umusaraba yigize Yesu-AMAFOTO

Yanditswe na: David Mayira
Taliki:19/04/2021 14:45
0


Mu bantu burya habamo abagira ibitekerezo bidasanzwe n’ibikorwa byabo bikamera nk’ibitangaje. Umugabo yagaragaye mu muhanda ahetse umusaraba avuga ko atazongera gupfa ukundi kuko nta nyungu yigeze abona mu rupfu rwe.



Uyu mugabo utatangajwe amazina, ni uwo muri Afurika y’Epfo. Amashusho n’amafoto agenda acaracara hirya no hino yigize Yesu yemeza ko yapfuye akazuka kandi ko atazongera gupfa na rimwe akanemeza ko abantu benshi banze kuva mu byaha, ibintu abona bikamubabaza cyane.


Amakuru ya News365, avuga ko uyu mugabo ku munsi wa Pasika ari bwo yagaragaye bwa mbere yikoreye umusaraba yambaye ubusa yasigaranye akenda ko kwambara imbere. Muri kiriya gihe, amatorero amwe n'amwe agira umuco wo kwigana imibabaro Abayahudi bagize kuri Mesiya.

N'ubwo byari bimeze bityo, byatunguye abantu bose mu gihe umugabo w’umunyafurika washakaga kugaragara nka Yesu yagendaga mu muhanda yiruka avuga amagambo ibyanamuviriyemo gukubitwa.  


Yavugaga ko adashaka kongera gupfa ukundi

Amwe mu magambo uyu mugabo yagendaga avuga ahetse umusaraba, aragira ati: "Sinshaka kongera gupfa, abantu ntibihana ahubwo bagiye gucengera mu cyaha. Ku bw'ibyo, nta kamaro mu rupfu rwanjye”.

Src: News365






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND