RFL
Kigali

Umugabo n’umugore bari barimo kwifata ifoto ya 'Selfie' ku mugezi benshi batinya, bapfiramo

Yanditswe na: David Mayira
Taliki:6/04/2021 10:54
1


Amafoto ni kimwe mu bintu abantu bakunda kureba, iyo umuntu ariho nta foto n'imwe ye atunze yumva atanyuzwe. Muri ibi bihe noneho iterambere rigenda ritumbagira niko haza amatelefone afata amafoto meza bityo abakundana bakajya bifotora batagombeye ubafotora.



Hari abantu benshi bitabye Imana bari kwifata amafoto azwi nka Selfie. Umugore n’umugabo we bo muri Kenya baje kurohama mu ruzi barapfa ubwo bari barimo kwifotora ku nkombe z’umugezi wa Nyamindi mu gace ka Kirinyaga muri Mbiri.

Amakuru aturuka mu bitangazamakuru bitandukanye ashimangira ko ibi byabaye ku munsi wa Pasika Tariki 4 Mata 2021. Abashakanye bavuye mu rugo berekeza kuri uwo mugezi kuhafatira ifoto nziza y’ukwezi, gusa ntabwo byabahiriye baje kuhagwa. Ubwo berekezagayo abantu bababonaga bababwiraga ko umugezi bari kwegera inkombe zawo zinyerera cyane kandi uwagwamo atabaho.


Umuburo w’abantu banze kuwumva bakomeza basatira umugezi niko kuza kunyerera bombi bagwa mu mugezi n’imirambo yabo irabura n’ubu ikaba ikiri gushakishwa nk’uko bitangazwa n'ikinyamakuru Nation. Bakimara kugwamo abaturage bahuruye ngo batabare ariko biba iby’ubusa basanga bamaze kwibira mu mazi.

Ubuyobozi bwo muri Kirinyaga buburira abaturage baturiye uwo mugezi  kuwugendera kure kuko hari ubutaka bworoshye kandi bunyerera ku buryo butangaje.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • AUGISITEN Ndikumana2 years ago
    Icyo navuga nuko.abantu.bakwiye.kumvira.niba bakubujije.cyangwa.hasigwe.abarinzi





Inyarwanda BACKGROUND