RFL
Kigali

Azaruhuka yicaye mu biro cyangwa abe umusirikare akabye inzozi ze ariyo mpamvu umukecuru w’imyaka 62 yasubiye kwiga mu mashuri abanza

Yanditswe na: David Mayira
Taliki:5/04/2021 20:01
0


Igihe cyose burya umuntu aba afite inzozi yifuza kuzakabya mu buzima bwe, ukarwana n’ibishoboka byose ngo uzikabye, umukecuru w’imyaka 62 y’amavuko wifuza kuzakora akazi ko mu biro yasubiye kwiga mu mashuri abanza.



Ni inkuru iri kuvugwa muri Zambiya. Uyu mukecuru, Maureen Ngoma afite abana 9, yari yaracikishije amashuri ye ubwo yigiraga gushaka umugabo ariko akavuga ko azasubira ku ntebe y’ishuri uko byagenda kose.


Moureen ajyana ku ishuri n'abuzukuru be

Nyina w'abana icyenda, Moureen yiga mu ishuri ry’ibanze rya Senga Lumbwe i Lusaka mu gusoma no kwandika nk’umunyeshuri nk’abandi ku cyiciro cya 8. Ikinyamakuru Times of Zambia kivuga ko Maureen yifuza kujya mu gisirikare cya Zambiya cyangwa kujya muri politiki no guhatanira umwanya w’inteko ishinga amategeko ya Lusaka namara kurangiza amashuri ye.

Moureen avugako abona abagore bagenzi be bakora akazi keza kandi nawe ashoboye, ibyo abona ibimutera imbaraga yo kubanza kwiga akazaminuza nawe akazashaka akazi mu myanya ikomeye. Urugendo rwe rwo kwiga rwahagaze mu myaka 45 ishize ubwo yavaga mu ishuri afite imyaka 17 agiye kwishakira umugabo. Maureen agaragara ari kumwe n'abuzukuru be bamuherekeza ku ishuri.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND